Yobu 16:1-22
16 Nuko Yobu arasubiza ati:
2 “Numvise byinshi nk’ibyo.
Mwese aho kumpumuriza muri kuntera agahinda.+
3 Ese amagambo adafite akamaro ntarangira?
Ni iki cyakubabaje ku buryo wasubiza utyo?*
4 Iyo muza kuba mumeze nk’uko meze,Nanjye nashoboraga kuvuga nk’ibyo mwavuze.
Nashoboraga kubabwira amagambo akomeye yo kubaneguraKandi nkabaseka.*+
5 Ariko ibyo sinabikora, ahubwo nababwira amagambo yo kubakomeza.
Kandi sindeke kubahumuriza.+
6 Nubwo navuga, si byo byagabanya ububabare bwanjye.+
Guceceka na byo ntibinyorohereza.
7 Ariko noneho Imana yarananije.+
Yarimbuye abana banjye n’abagaragu banjye.
8 Nanone iracyambabaza, kandi nta wutabibona.
No kuba nanutse cyane bituma abantu batekereza ko ndi umunyamakosa.
9 Yarandakariye cyane iranshwanyaguza, kandi iranyanga cyane.+
Irandeba ikagira umujinya.*
Imeze nk’umwanzi wanjye undeba ikijisho.+
10 Abantu barasamye cyane kugira ngo bamire,+Kandi baransuzugura bakankubita inshyi ku matama.
Banteraniraho ari benshi.+
11 Imana yanteje agatsiko k’insoresore,Injugunya mu maboko y’abagome.+
12 Nari nguwe neza iranjanjagura,+Imfata ku ijosi iramenagura,Ikomeza kunyibasira.
13 Abarashi bayo barangose.+
Yahinguranyije impyiko zanjye+ kandi ntiyangirira impuhwe.
Yasutse hasi ibyo mu gasabo k’indurwe* kanjye.
14 Meze nk’urukuta baciyemo imyobo.
Inyibasira imeze nk’umurwanyi w’umunyambaraga.
15 Nambara imyenda y’akababaro,*+Kandi nacishijwe bugufi cyane nicara mu mukungugu.+
16 Amaso yanjye yatukujwe no kurira,+Kandi mu maso hanjye harijima,
17 Nubwo ntigeze mba umunyarugomo,Kandi isengesho ryanjye rikaba ritarimo uburyarya.
18 Wa si we, ntutwikire amaraso yanjye,+Kandi ijwi ryo gutaka kwanjye nturipfukirane.
19 Dore n’ubu umvuganira ari mu ijuru.
Uhamya ibyanjye ari hejuru cyane.
20 Incuti zanjye ziranseka,+Ariko nkomeza gusenga Imana ndira.+
21 Nihagire uducira urubanza hagati yanjye n’Imana,Nk’uko bigenda iyo umuntu aburana n’undi.+
22 Hasigaye imyaka mike gusa,Maze nkigendera kandi sinzagaruka.+

