Ubutumwa bwiza bwanditswe na Matayo 3:1-17

  • Yohana Umubatiza abwiriza (1-12)

  • Yesu abatizwa (13-17)

3  Igihe kimwe Yohana+ Umubatiza yabwirije+ mu butayu bwa Yudaya  avuga ati: “Nimwihane, kuko Ubwami bwo mu ijuru buri hafi kuza.”+  Nanone Yohana ni we umuhanuzi Yesaya+ yari yarahanuye avuga ati: “Hari umuntu urangurura ari mu butayu agira ati: ‘nimutegurire Yehova inzira, mumutunganyirize aho anyura.’”+  Yohana yambaraga umwenda ukozwe mu bwoya bw’ingamiya, akawukenyeza umukandara w’uruhu.+ Ibyokurya bye byari inzige* n’ubuki.*+  Abantu b’i Yerusalemu n’i Yudaya hose n’abo mu turere dukikije Yorodani bose baramusangaga,+  akababatiriza* mu Ruzi rwa Yorodani,+ bakavugira ibyaha byabo aho abantu benshi bateraniye.  Abonye Abafarisayo n’Abasadukayo+ benshi baje aho yabatirizaga, arababwira ati: “Mwa bana b’impiri mwe,+ ni nde wabagiriye inama ngo muhunge uburakari bw’Imana buri hafi kuza?+  Nuko rero, nimukore ibikorwa bigaragaza ko mwihannye.  Ntimwibwire muti: ‘dukomoka kuri Aburahamu.’+ Ndababwira ko n’aya mabuye Imana ishobora kuyahinduramo abana ba Aburahamu. 10  Ubu ishoka igeze ku muzi w’igiti. Ni yo mpamvu igiti cyose kitera imbuto nziza kigomba gutemwa, kikajugunywa mu muriro.+ 11  Njye mbabatirisha amazi kubera ko mwihannye,+ ariko uzaza nyuma yanjye we arakomeye kundusha, sinkwiriye no kumukuramo inkweto.+ Uwo azababatirisha umwuka wera+ n’umuriro.+ 12  Mu kuboko kwe afashe igikoresho cyo kugosora.* Azasukura imbuga ahuriraho imyaka, ayeze kandi abike ingano. Ariko umurama* azawutwikisha umuriro+ udashobora kuzimywa.” 13  Hanyuma Yesu ava i Galilaya ajya kuri Yorodani, asanga Yohana kugira ngo amubatize.+ 14  Ariko Yohana agerageza kumubuza avuga ati: “Ni njye ukeneye kubatizwa nawe, none ni wowe uje ngo nkubatize?” 15  Yesu aramusubiza ati: “Emera bigende bityo, kuko dukwiriye gukora ibyo Imana yategetse byose.”* Nuko ntiyongera kumubuza. 16  Yesu amaze kubatizwa yahise yuburuka mu mazi, nuko ijuru rirakinguka,+ abona umwuka w’Imana umumanukiyeho umeze nk’inuma.+ 17  Nanone humvikanye ijwi rivuye mu ijuru+ rivuga riti: “Uyu ni Umwana wanjye+ nkunda, nkamwemera.”+

Ibisobanuro ahagana hasi

Ni udusimba tujya kumera nk’isenene cyangwa ibihore. Reba Ibisobanuro by’amagambo.
Bwari ubuki bw’ubuhura.
Cyangwa “akabibiza.”
Kera muri Isirayeli bagosozaga igikoresho kimeze nk’igitiyo gikozwe mu giti.
Ni udushishwa tuba ku binyampeke tuvaho iyo babihuye.
Cyangwa “ibyo gukiranuka byose.”