Ubutumwa bwiza bwanditswe na Matayo 28:1-20

  • Yesu azuka (1-10)

  • Abasirikare bahabwa ruswa ngo babeshye (11-15)

  • Inshingano yo guhindura abantu abigishwa (16-20)

28  Isabato irangiye, butangiye gucya ku munsi wa mbere w’icyumweru,* Mariya Magadalena na Mariya wundi baza kureba ya mva.+  Bahageze basanga habaye umutingito ukomeye, kuko umumarayika wa Yehova* yari yamanutse mu ijuru yegera imva, akuraho rya buye maze aryicaraho.+  Uwo mumarayika yasaga n’umurabyo, kandi imyenda ye yari umweru cyane nk’urubura.+  Abarinzi bamubonye bagira ubwoba bwinshi cyane baratitira, bamera nk’abapfuye.  Nuko umumarayika abwira ba bagore ati: “Mwigira ubwoba, ndabizi ko mushaka Yesu wamanitswe ku giti.+  Nta wuri hano kuko yazutse nk’uko yabivuze.+ Nimuze murebe aho yari aryamye.  Ngaho nimwihute mujye kubwira abigishwa be ko yazutse, kandi ko agiye kubabanziriza kujya i Galilaya.+ Aho ni ho muzamubonera. Ubwo ni bwo butumwa nari mbafitiye.”+  Nuko bahita bava ku mva bafite ubwoba buvanze n’ibyishimo byinshi, bariruka bajya kubibwira abigishwa be.+  Yesu ahura na bo arababwira ati: “Nimugire amahoro!” Baramwegera bamukora ku birenge maze baramwunamira.* 10  Hanyuma Yesu arababwira ati: “Mwigira ubwoba! Mugende mubwire abavandimwe banjye bajye i Galilaya, kandi aho ni ho bazambonera.” 11  Bakiri mu nzira, bamwe mu barinzi+ bajya mu mujyi maze babwira abakuru b’abatambyi uko ibintu byose byari byagenze. 12  Abo batambyi bahura n’abayobozi b’Abayahudi bajya inama, maze baha abo basirikare amafaranga menshi,* 13  barababwira bati: “Mujye muvuga muti: ‘abigishwa be baje nijoro dusinziriye baramwiba.’+ 14  Na guverineri nabyumva tuzabimwemeza,* kandi namwe nta kibazo muzagira.” 15  Nuko bafata ayo mafaranga, bakora ibyo bategetswe. Hanyuma icyo kinyoma gikwira ahantu hose mu Bayahudi kugeza n’uyu munsi.* 16  Icyakora abigishwa 11 bo bajya i Galilaya+ ku musozi Yesu yari yababwiye.+ 17  Bamubonye baramwunamira, ariko bamwe batangira gushidikanya, bibaza niba ari we koko. 18  Nuko Yesu arabegera avugana na bo, arababwira ati: “Nahawe ubutware bwose mu ijuru no mu isi.+ 19  None rero, nimugende muhindure abantu bo mu bihugu byose abigishwa,+ mubabatiza+ mu izina rya Papa wo mu ijuru n’iry’Umwana n’iry’umwuka wera. 20  Mubigishe gukurikiza ibyo nabategetse byose,+ kandi dore ndi kumwe namwe iminsi yose kugeza ku mperuka.”+

Ibisobanuro ahagana hasi

Uwo munsi ni wo twita ku Cyumweru. Mu gihe cy’Abayahudi wari umunsi wa mbere w’icyumweru.
Cyangwa “baramupfukamira.” Mu gihe cy’Abisirayeli iki cyabaga ari igikorwa kigaragaza ko wubashye umuntu.
Cyangwa “ibiceri by’ifeza byinshi.”
Cyangwa “tuzabimusobanurira.”
Ni ukuvuga, kugeza igihe iki gitabo cyandikwaga.