Intangiriro 10:1-32
10 Iyi ni yo nkuru ivuga iby’amateka y’abahungu ba Nowa, ari bo Shemu,+ Hamu na Yafeti.
Nyuma y’Umwuzure batangiye kubyara abana.+
2 Abahungu ba Yafeti ni Gomeri,+ Magogi,+ Madayi, Yavani, Tubali,+ Mesheki+ na Tirasi.+
3 Abahungu ba Gomeri ni Ashikenazi,+ Rifati na Togaruma.+
4 Abahungu ba Yavani ni Elisha,+ Tarushishi,+ Kitimu+ na Dodanimu.
5 Abo ni bo abaturage bo mu birwa bakomotseho maze bakwirakwira mu bihugu byabo, bakurikije indimi zabo, imiryango bakomokamo n’ibihugu byabo.
6 Abahungu ba Hamu ni Kushi, Misirayimu,+ Puti+ na Kanani.+
7 Abahungu ba Kushi ni Seba,+ Havila, Sabuta, Rama+ na Sabuteka.
Abahungu ba Rama ni Sheba na Dedani.
8 Kushi yabyaye Nimurodi. Uwo ni we muntu w’umunyambaraga wa mbere wabaye ku isi.
9 Yabaye umuhigi ukomeye cyane warwanyaga Yehova. Ni yo mpamvu abantu bajya bavuga bati: “Umeze nka Nimurodi, umuhigi ukomeye cyane urwanya Yehova.”
10 Nimurodi yabanje kuba umwami w’i Babeli,+ uwa Ereki,+ uwa Akadi n’uwa Kalune mu gihugu cy’i Shinari.+
11 Yavuye muri icyo gihugu akomeza ajya muri Ashuri,+ atangira kubaka Nineve,+ Rehoboti-iri, Kala,
12 na Reseni iri hagati ya Nineve na Kala. Iyo mijyi yose yari igize umujyi umwe ukomeye.*
13 Misirayimu yabyaye Ludimu,+ Anamimu, Lehabimu, Nafutuhimu,+
14 Patirusimu,+ Kasiluhimu, (ari we Abafilisitiya+ bakomotseho) na Kafutorimu.+
15 Kanani yabyaye umwana w’imfura amwita Sidoni,+ abyara na Heti.+
16 Abandi bamukomokaho ni Abayebusi,+ Abamori,+ Abagirugashi,
17 Abahivi,+ Abaruki, Abasini,
18 Abaruvadi,+ Abazemari n’Abanyahamati.+ Nyuma yaho imiryango y’abakomoka kuri Kanani yaratatanye.
19 Abakomoka kuri Kanani bari batuye bahereye i Sidoni bakagera i Gerari+ hafi y’i Gaza,+ bakagera n’i Sodomu n’i Gomora+ no muri Adima na Zeboyimu+ hafi y’i Lasha.
20 Abo ni bo bakomoka kuri Hamu ukurikije imiryango yabo, indimi zabo, ibihugu byabo n’amoko yabo.
21 Shemu murumuna* wa Yafeti na we yabyaye abana. Eberi+ n’abahungu be bose bakomoka kuri Shemu.
22 Abahungu ba Shemu ni Elamu,+ Ashuri,+ Arupakisadi,+ Ludi na Aramu.+
23 Abahungu ba Aramu ni Usi, Huli, Geteri na Mashi.
24 Arupakisadi yabyaye Shela, Shela+ na we abyara Eberi.
25 Eberi yabyaye abahungu babiri. Umwe yamwise Pelegi*+ kuko muri icyo gihe abatuye ku isi batataniye hirya no hino.* Uwo bavukanaga yitwaga Yokitani.+
26 Yokitani yabyaye Alumodadi, Shelefu, Hazarimaveti, Yera,+
27 Hadoramu, Uzali, Dikila,
28 Obali, Abimayeli, Sheba,
29 Ofiri,+ Havila na Yobabu. Abo bose bari abahungu ba Yokitani.
30 Bari batuye bahereye i Mesha bakagera i Sefari, mu karere k’imisozi miremire yo mu Burasirazuba.
31 Abo ni bo bakomokaga kuri Shemu. Batuye hakurikijwe imiryango yabo, indimi bavuga, ibihugu byabo n’amoko yabo.+
32 Iyo ni yo miryango y’abahungu ba Nowa hakurikijwe imiryango y’ababakomokaho n’ibihugu byabo kandi abo ni bo abantu bo mu bihugu byose bakomotseho, bakwira hirya no hino ku isi nyuma y’Umwuzure.+
Ibisobanuro ahagana hasi
^ Cyangwa “uwo ni wo wa mujyi ukomeye.” Uwo mujyi ushobora kuba werekeza ku mujyi umwe wari ugizwe na Nineve n’iyo mijyi yose uko ari itatu.
^ Bishobora no kuvugwa ngo: “Mukuru wa Yafeti.”
^ Bisobanura “ibice.”
^ Cyangwa “isi yiciyemo ibice.”