Imigani 9:1-18

  • Ubwenge nyakuri buri gutumira abantu (1-12)

    • ‘Ubwenge ni bwo buzatuma ubaho igihe kirekire’ (11)

  • Umugore utagira ubwenge ari gutumira (13-18)

    • ‘Amazi yibwe araryoha’ (17)

9  Ubwenge nyakuri bwiyubakiye inzu,Bubaza n’inkingi zayo zirindwi.   Bwateguye inyama,Butegura divayiKandi butegura ameza yabwo.   Bwatumye abaja babwo,Kugira ngo bahamagare bari ahantu hejuru mu mujyi, bati:+   “Umuntu wese utaraba inararibonye naze hano.” Bubwira umuntu wese utagira ubwenge buti:   “Nimuze murye,Kandi munywe no kuri divayi nateguye.   Mwitandukanye n’abataraba inararibonye kugira ngo mubeho,+Kandi ibyo mukora bigaragaze ko musobanukiwe.”+   Ukosora umwirasi aba ashaka kwisuzuguza,+Kandi ucyaha umuntu mubi azagerwaho n’ibibazo.   Ntugacyahe umuntu wirata kugira ngo atakwanga.+ Ujye ucyaha umunyabwenge na we azagukunda.+   Igisha umunyabwenge na we azarushaho kuba umunyabwenge.+ Ungura umukiranutsi ubumenyi na we azarushaho kumenya. 10  Gutinya Yehova ni intangiriro y’ubwenge,+Kandi kumenya Imana yera+ ni byo bituma umuntu asobanukirwa. 11  Kuko ubwenge ari bwo buzatuma ubaho igihe kirekire,+Kandi imyaka yawe yo kubaho ikiyongera. 12  Niba warabaye umunyabwenge, ni wowe bizagirira akamaro. Ariko niba useka abandi ni wowe bizagiraho ingaruka. 13  Umugore utagira ubwenge agira utugambo twinshi.+ Ntareba kure kandi nta cyo amenya. 14  Yicara imbere y’umuryango w’inzu ye,Ahantu hejuru areba mu mujyi,+ 15  Agahamagara abantu bose bamunyuzeho,Akabwira abigiriye muri gahunda zabo ati: 16  “Utaraba inararibonye wese naze hano.” Nanone abwira abantu bose batagira ubwenge ati:+ 17  “Amazi umuntu yibye araryoha,Kandi ibyokurya umuntu aririye ahantu hihishe birashimisha.”+ 18  Ariko abo bantu ntibaba bazi ko abajya mu nzu y’uwo mugore baba bashaka urupfu,Kandi ko abamusuye baba bageze mu Mva.*+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “Shewoli.” Ni ukuvuga, aho abantu bapfuye baba bari. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”