Gutegeka kwa Kabiri 17:1-20
17 “Ntimugatambire Yehova Imana yanyu ikimasa cyangwa intama ifite ikibazo,* kuko Yehova Imana yanyu abyanga cyane.
2 “Birashoboka ko muri umwe mu mijyi Yehova Imana yanyu agiye kubaha, hazaboneka umugabo cyangwa umugore wo muri mwe ukora ikintu kibi Yehova Imana yanyu yanga, akarenga ku isezerano rye,
3 agatandukira akajya gusenga izindi mana akazunamira cyangwa akunamira izuba, ukwezi cyangwa ibindi bintu byo mu ijuru kandi ibyo ntarigeze mbibategeka.
4 Ibyo bintu nibabibabwira cyangwa mukabyumva maze mwagenzura neza mugasanga ari ukuri koko, ibyo bintu bibi cyane byarakozwe muri Isirayeli,
5 uwo mugabo cyangwa uwo mugore wakoze ibyo bintu bibi, muzamujyane ku marembo y’umujyi, mumutere amabuye apfe.
6 Uwo muntu nashinjwa n’abantu babiri cyangwa batatu azicwe. Icyakora nashinjwa n’umuntu umwe gusa ntazicwe.
7 Abamushinje ni bo bazabanza gufata iya mbere bamutere amabuye kugira ngo bamwice, hanyuma abandi bose na bo babone kumutera amabuye. Muzakure ikibi muri mwe.
8 “Nibabazanira urubanza mukabona rubakomereye cyane, rwaba ari urubanza rurebana no kumena amaraso, urubanza rw’umuntu uvuga ko yarenganyijwe, urubanza rufitanye isano n’urugomo cyangwa ibibazo byateye impaka mu mujyi wanyu, muzajye ahantu Yehova Imana yanyu azatoranya.
9 Muzasange abatambyi b’Abalewi n’umucamanza uzaba uriho icyo gihe, mubagishe inama maze bababwire uko mwaca urwo rubanza.
10 Hanyuma muzakore ibihuje n’ibyo mwabwiriwe aho hantu Yehova azatoranya. Muzitonde mukore ibihuje n’amabwiriza yose babahaye.
11 Muzakore ibihuje n’amategeko bazabaha, kandi mukurikize imyanzuro y’urubanza bazaba bafashe. Muzakurikize ibyo bazababwira byose nta guca ku ruhande.
12 Umuntu wese uzagira ubwibone akanga kumvira umucamanza cyangwa umutambyi ukorera Yehova Imana yanyu, azicwe. Muzakure ikibi muri Isirayeli.
13 Ibyo bizatuma abantu bose bazabyumva batinya, kandi ntibazongere kugira ubwibone ukundi.
14 “Nimugera mu gihugu Yehova Imana yanyu agiye kubaha, mukacyigarurira mukagituramo maze mukavuga muti: ‘Reka twishyirireho umwami nk’ibindi bihugu byose bidukikije,’
15 muzimike umwami Yehova Imana yanyu azatoranya. Muzimike umwami mukuye mu bavandimwe banyu. Ntimuzemererwa kwimika umwami w’umunyamahanga, utari umuvandimwe wanyu.
16 Icyakora uwo mwami ntazirundanyirizeho amafarashi cyangwa ngo asubize abantu muri Egiputa kugira ngo ajye gushaka amafarashi menshi, kuko Yehova yababwiye ati: ‘Ntimuzongere kunyura iyi nzira ngo musubireyo.’
17 Nanone ntazashake abagore benshi batazamuyobya umutima. Kandi ntazirundanyirizeho ifeza na zahabu.
18 Namara kuba umwami, aziyandikire igitabo* cy’aya mategeko ayakoporoye mu gitabo gifitwe n’abatambyi b’Abalewi.
19 “Azakigumane kandi ajye agisoma iminsi yose akiriho kugira ngo yige gutinya Yehova Imana ye, bityo yumvire ibintu byose biri muri aya mategeko n’aya mabwiriza kandi abikurikize.
20 Ibyo bizatuma atishyira hejuru y’abavandimwe be kandi bimurinde kudakurikiza amategeko. Ibyo azabikore kugira ngo we n’abana be bazamare igihe kirekire ari abami muri Isirayeli.