Esiteri 7:1-10

  • Esiteri agaragaza ubugambanyi bwa Hamani (1-6a)

  • Hamani amanikwa ku giti yari yarashinze (6b-10)

7  Nuko umwami na Hamani+ bajya mu birori by’Umwamikazi Esiteri.  Ku munsi wa kabiri, igihe banywaga divayi, umwami yongera kubaza Esiteri ati: “Urifuza iki ngo nkiguhe? Mbwira icyo ushaka. Niyo wansaba kimwe cya kabiri cy’ubwami bwanjye, nakiguha!”+  Umwamikazi Esiteri aramusubiza ati: “Mwami, niba unyishimira kandi ukaba ubyemeye, nifuza ko untabara, ugatabara n’ubwoko bwanjye.+  Kuko njye na bene wacu twagurishijwe+ kugira ngo batwice batumare.+ Iyo tuza kugurishwa ngo tube abagaragu n’abaja, nari kwicecekera. Ariko ntibikwiriye ko ibyo byago bibaho kuko byagira ingaruka no ku mwami.”  Umwami Ahasuwerusi abaza Umwamikazi Esiteri ati: “Uwo ni nde? Uwo muntu watinyutse gukora ikintu nk’icyo ari he?”  Esiteri aramusubiza ati: “Uwo mwanzi uturwanya, ni uyu mugome Hamani.” Nuko Hamani agirira ubwoba bwinshi imbere y’umwami n’umwamikazi.  Umwami ahaguruka aho yanyweraga divayi arakaye cyane, arasohoka ajya mu busitani. Maze Hamani na we arahaguruka ajya kwinginga Umwamikazi Esiteri ngo amukize ntibamwice, kuko yabonaga ko umwami yiyemeje kumuhana.  Umwami avuye mu busitani agarutse aho yanyweraga divayi, abona Hamani yasanze Esiteri ku ntebe imeze nk’igitanda yari yicayeho. Nuko umwami aravuga ati: “Ese arashaka no gufata ku ngufu umwamikazi mu nzu yanjye?” Umwami akimara kuvuga ayo magambo, Hamani bamupfuka mu maso.  Umwe mu batware b’ibwami witwaga Haribona+ aravuga ati: “Hari n’igiti Hamani yashinze ashaka kukimanikaho Moridekayi+ kandi ari we watanze amakuru yatumye umwami aticwa.+ Gishinze kwa Hamani kandi gifite nka metero 22 na santimetero 30* z’ubuhagarike.” Umwami ahita avuga ati: “Mugende mukimumanikeho!” 10  Nuko baragenda, bamanika Hamani ku giti yari yashinze ashaka kukimanikaho Moridekayi, maze uburakari bw’umwami buragabanuka.

Ibisobanuro ahagana hasi

Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “imikono 50.” Reba Umugereka wa B14.