Igitabo cya mbere cya Samweli 31:1-13

  • Urupfu rwa Sawuli n’abahungu be batatu (1-13)

31  Nuko Abafilisitiya barwana n’Abisirayeli.+ Abisirayeli barahunga, Abafilisitiya bicira Abisirayeli benshi ku Musozi wa Gilibowa.+  Abafilisitiya bagenda begera cyane aho Sawuli n’abahungu be bari bari, bica abahungu ba Sawuli,+ ari bo Yonatani,+ Abinadabu na Maliki-shuwa.  Nuko intambara ikomerana Sawuli, abarashishaga imiheto baza kumubona, baramukomeretsa cyane.+  Sawuli abwira uwamutwazaga intwaro ati: “Fata inkota yawe uyintere, bariya Bafilisitiya batakebwe+ bataza bakamfata bakanyica nabi.”* Ariko uwamutwazaga intwaro arabyanga, kuko yari afite ubwoba bwinshi cyane. Nuko Sawuli afata inkota ye arayiyicisha.+  Uwatwazaga Sawuli intwaro abonye ko apfuye,+ na we afata inkota ye arayiyicisha.  Uko ni ko Sawuli n’abahungu be batatu n’uwamutwazaga intwaro ndetse n’ingabo ze zose, bapfiriye rimwe uwo munsi.+  Abisirayeli bari batuye mu bibaya n’abari batuye mu karere ka Yorodani babonye ko ingabo za Isirayeli zahunze kandi ko Sawuli n’abahungu be bapfuye, bava mu mijyi yabo barahunga+ maze Abafilisitiya baraza bayituramo.  Ku munsi ukurikiyeho, Abafilisitiya baje kwambura abapfuye ibyo bari bafite, basanga Sawuli n’abahungu be batatu bapfiriye ku Musozi wa Gilibowa.+  Bamuca umutwe, bamwambura n’intwaro ze, bohereza abantu mu gihugu cy’Abafilisitiya hose ngo babitangarize+ mu mazu* y’ibigirwamana byabo,+ banabimenyeshe abaturage babo. 10  Hanyuma intwaro ze bazishyira mu nzu ya Ashitoreti, umurambo we bawumanika ku rukuta rw’i Beti-shani.+ 11  Abaturage b’i Yabeshi-gileyadi+ bumvise ibyo Abafilisitiya bari bakoreye Sawuli, 12  abasirikare bose barara bagenda ijoro ryose, bavana umurambo wa Sawuli n’iy’abahungu be ku rukuta rw’i Beti-shani, bayizana i Yabeshi barayitwika. 13  Nuko bafata amagufwa yabo+ bayashyingura munsi y’igiti* i Yabeshi,+ bamara iminsi irindwi batarya batanywa.

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “bakanyica urubozo.”
Cyangwa “insengero.”
Ni ukuvuga, igiti cy’umwesheri.