Zekariya 2:1-13

2  Nubuye amaso mbona umuntu wari ufashe umugozi ugera.+  Nuko ndamubaza nti “ugiye he?” Aransubiza ati “ngiye gupima Yerusalemu kugira ngo menye uko ubugari bwayo n’uburebure bwayo bingana.”+  Umumarayika twavuganaga ahita agenda, undi mumarayika aza kumusanganira.  Aramubwira ati “iruka ubwire uriya musore uri hariya uti ‘“Yerusalemu izaturwa+ nk’imidugudu itagoswe n’inkuta, bitewe n’ubwinshi bw’abantu n’amatungo biyirimo.+  Nanjye nzayibera urukuta rw’umuriro ruyizengurutse,”+ ni ko Yehova avuga, “kandi ikuzo ryanjye rizayuzura.”’”+  “Yemwe! Yemwe! Nimuhunge muve mu gihugu cyo mu majyaruguru,”+ ni ko Yehova avuga. “Kuko nabatatanyirije mu byerekezo bine by’umuyaga,”+ ni ko Yehova avuga.  “Yewe Siyoni we!+ Hunga wowe uba ku mukobwa w’i Babuloni.+  Yehova nyir’ingabo aravuga ati ‘Imana imaze kwihesha ikuzo+ yanyohereje ku bantu babasahuraga.+ Kuko ubakozeho+ aba akoze ku mboni y’ijisho ryanjye.+  Ngiye kubabangurira ukuboko kwanjye,+ kandi bazasahurwa n’abagaragu babo.’+ Muzamenya ko Yehova nyir’ingabo ari we wantumye.+ 10  “Wa mukobwa w’i Siyoni we, rangurura ijwi kandi wishime.+ Dore ndaje+ kandi nzaguturamo,”+ ni ko Yehova avuga. 11  “Kuri uwo munsi, amahanga menshi azasanga Yehova,+ kandi azaba ubwoko bwanjye;+ nzatura hagati muri wowe.” Uzamenya ko Yehova nyir’ingabo ari we wakuntumyeho.+ 12  Yehova azigarurira u Buyuda bube umugabane we wo ku butaka bwera,+ kandi azongera ahitemo Yerusalemu.+ 13  Bantu mwese, nimucecekere imbere ya Yehova,+ kuko ahagurutse+ mu buturo bwe bwera.+

Ibisobanuro ahagana hasi