Zekariya 13:1-9

13  “Uwo munsi+ nzafukurira iriba+ inzu ya Dawidi n’abaturage b’i Yerusalemu, kugira ngo amazi yaryo abezeho ibyaha+ n’ibintu biteye ishozi.+  “Kuri uwo munsi,” ni ko Yehova nyir’ingabo avuga, “nzakura amazina y’ibigirwamana mu gihugu,+ ku buryo bitazongera kwibukwa ukundi. Nzakura mu gihugu abahanuzi+ n’umwuka uhumanye.+  Nihagira umuntu wongera guhanura, se na nyina bamwibyariye bazamubwira bati ‘nturi bubeho kuko wahanuye ibinyoma mu izina rya Yehova.’ Se na nyina bamwibyariye bazamusogota bitewe n’uko yahanuye.+  “Uwo munsi abahanuzi bazakorwa n’isoni,+ buri wese akozwe isoni n’ibyo azerekwa mu gihe azaba ahanura; ntibazambara umwambaro w’abahanuzi w’ubwoya+ kugira ngo bariganye.  Azavuga ati ‘si ndi umuhanuzi. Ndi umuhinzi kuko umuntu wakuwe mu mukungugu yanguze nkiri muto akangira umugaragu we.’  Umuntu uzamubaza ati ‘izi nguma ziri ku mubiri wawe ni iz’iki?’ Azamusubiza ati ‘izi nguma ni izo bandemye ndi mu nzu y’abankunda cyane.’”  “Yewe wa nkota we, hagurukira umwungeri wanjye,+ uhagurukire n’umugabo w’umunyambaraga w’incuti yanjye,”+ ni ko Yehova nyir’ingabo avuga. “Kubita umwungeri+ intama zo mu mukumbi zitatane;+ nzaramburira ikiganza cyanjye aboroheje.”+  “Mu gihugu hose,” ni ko Yehova avuga, “bibiri bya gatatu by’abakirimo bazakurwaho bashire,+ naho kimwe cya gatatu cyabo bagume mu gihugu.+  Nzacisha kimwe cya gatatu mu muriro;+ nzabatunganya nk’uko batunganya ifeza,+ mbagenzure nk’ugenzura zahabu.+ Abagize icyo kimwe cya gatatu bazatakambira izina ryanjye, kandi nanjye nzabasubiza.+ Nzavuga nti ‘ni ubwoko bwanjye,’+ na bo bazavuga bati ‘Yehova ni we Mana yacu.’”+

Ibisobanuro ahagana hasi