Zekariya 1:1-21

1  Mu mwaka wa kabiri w’ingoma ya Dariyo,+ mu kwezi kwawo kwa munani, ijambo rya Yehova ryaje ku muhanuzi Zekariya+ mwene Berekiya mwene Ido+ rigira riti  “Yehova yarakariye ba sokuruza cyane.+  “None ubabwire uti ‘Yehova nyir’ingabo aravuze ati “‘nimungarukire,’+ ni ko Yehova nyir’ingabo avuga, ‘nanjye nzabagarukira,’+ ni ko Yehova nyir’ingabo avuga.”’  “‘Ntimube nka ba sokuruza,+ abo abahanuzi ba kera bahamagaraga+ bakababwira bati “Yehova nyir’ingabo aravuze ati ‘nimungarukire mureke inzira zanyu mbi n’ibikorwa byanyu bibi.’”’+ “‘Ariko banze gutega amatwi, ntibita ku byo mbabwira,’+ ni ko Yehova avuga.  “‘None se ubu ba sokuruza bari he?+ Abahanuzi+ bo se bakomeje kubaho kugeza ibihe bitarondoreka?  Ariko se amagambo n’amabwiriza nahaye abagaragu banjye b’abahanuzi+ ntiyasohoreye kuri ba sokuruza?’+ Barahindukiye baravuga bati ‘ibyo Yehova nyir’ingabo yatekerezaga kudukorera+ akurikije inzira zacu n’ibikorwa byacu, ni byo yadukoreye.’”+  Ku munsi wa makumyabiri n’ine w’ukwezi kwa cumi na kumwe, ari ko kwezi kwa Shebati, mu mwaka wa kabiri w’ingoma ya Dariyo,+ ijambo rya Yehova ryaje ku muhanuzi Zekariya+ mwene Berekiya mwene Ido,+ rigira riti  “nagiye kubona ari nijoro mbona umuntu+ ugendera ku ifarashi itukura.+ Yari ahagaze atanyeganyega hagati y’ibiti by’imihadasi+ byari mu kibaya, kandi inyuma ye hari amafarashi atukura, ay’ibihogo n’ay’umweru.”+  Nuko ndamubaza nti “databuja, bariya ni ba nde?”+ Umumarayika wavuganaga nanjye aransubiza+ ati “ngiye kukwereka abo ari bo.” 10  Wa muntu wari uhagaze atanyeganyega hagati y’ibiti by’imihadasi arambwira ati “bariya ni abo Yehova yohereje kugira ngo bazenguruke isi.”+ 11  Basubiza umumarayika wa Yehova wari uhagaze atanyeganyega hagati y’ibiti by’imihadasi bati “twazengurutse isi,+ dusanga isi yose ituje, ifite umutekano.”+ 12  Nuko umumarayika wa Yehova arabaza ati “Yehova nyir’ingabo, uzageza ryari kutagirira imbabazi Yerusalemu n’imigi y’u Buyuda,+ kandi umaze iyi myaka mirongo irindwi+ warayiciriyeho iteka?” 13  Yehova asubiza umumarayika twavuganaga, amubwira amagambo meza, ahumuriza.+ 14  Umumarayika twavuganaga arambwira ati “rangurura ijwi uvuge uti ‘Yehova nyir’ingabo aravuze ati “nafuhiye Yerusalemu na Siyoni ifuhe ryinshi cyane.+ 15  Narakariye cyane amahanga aguwe neza,+ kuko jye narakaye mu rugero ruto,+ ariko bo bakiyongerera amakuba.”’+ 16  “Ni yo mpamvu Yehova avuze ati ‘“nzagaruka i Yerusalemu mfite imbabazi.+ Inzu yanjye izahubakwa,”+ ni ko Yehova nyir’ingabo avuga, “kandi Yerusalemu izagereshwa umugozi ugera.”’+ 17  “Ongera urangurure ijwi uvuge uti ‘Yehova nyir’ingabo aravuze ati “imigi yanjye izasendera ibyiza,+ kandi Yehova azisubiraho ku birebana na Siyoni,+ yongere guhitamo Yerusalemu.”’”+ 18  Nongeye kubura amaso, mbona amahembe ane.+ 19  Nuko mbaza umumarayika twaganiraga nti “aya mahembe asobanura iki?” Aransubiza ati “aya ni amahembe yatatanyije u Buyuda,+ Isirayeli+ na Yerusalemu.”+ 20  Hanyuma Yehova anyereka abanyabukorikori bane. 21  Nuko ndabaza nti “aba se bo baje gukora iki?” Aransubiza ati “ya mahembe+ yatatanyije u Buyuda ku buryo nta n’umwe wongeye kubyutsa umutwe; aba bandi bazaza gutera ubwoba ayo mahembe, bavune amahembe y’amahanga azamurira ihembe igihugu cy’u Buyuda, kugira ngo atatanye abaturage bacyo.”+

Ibisobanuro ahagana hasi