Zaburi 96:1-13

96  Muririmbire Yehova indirimbo nshya.+Mwa batuye isi mwese mwe, muririmbire Yehova.+   Muririmbire Yehova, musingize izina rye.+Uko bwije n’uko bukeye, muvuge ubutumwa bwiza bw’agakiza ke.+   Mutangaze ikuzo rye mu mahanga,+Mutangarize mu mahanga yose imirimo itangaje yakoze.+   Kuko Yehova akomeye+ kandi akwiriye gusingizwa cyane.Ateye ubwoba kurusha izindi mana zose.+   Kuko imana zose z’abanyamahanga ari imana zitagira umumaro;+Ariko Yehova we yaremye ijuru.+   Icyubahiro n’ikuzo biri imbere ye;+Imbaraga n’ubwiza biri mu rusengero rwe.+   Mwa miryango y’amahanga mwe, mwemere Yehova;+Mwemere ko Yehova afite ikuzo n’imbaraga.+   Mwemere ko izina rya Yehova rifite ikuzo;+Mwitwaze impano maze muze mu bikari bye.+   Mwikubite imbere ya Yehova mwambaye imyambaro yera yo kurimbana;+Mwa batuye isi mwese mwe, muhindire umushyitsi* imbere ye.+ 10  Mutangaze mu mahanga muti “Yehova yabaye umwami.+Isi na yo yarashimangiwe ku buryo idashobora kunyeganyega.+ Azacira amahanga imanza zikiranuka.”+ 11  Ijuru nirinezerwe n’isi yishime.+Inyanja n’ibiyirimo byose bihinde nk’inkuba.+ 12  Mu gasozi nihishimane n’ibirimo.+Ibiti byo mu ishyamba byose na byo birangurure ijwi ry’ibyishimo+ 13  Imbere ya Yehova. Kuko yaje;+Kuko yaje gucira isi urubanza.+ Azacira isi urubanza rukiranuka,+Kandi abantu bo mu mahanga azabacira urubanza ruhuje n’ubudahemuka bwe.+

Ibisobanuro ahagana hasi