Zaburi 90:1-17

Isengesho rya Mose, umuntu w’Imana y’ukuri.+ 90  Yehova, watubereye ubuturo nyakuri+Mu bihe byose.+   Imisozi itaravuka,+Utarabyara isi+ n’ubutaka+ mu mibabaro nk’iy’umugore uri ku bise, Uhereye iteka ryose ukageza iteka ryose, uri Imana.+   Umuntu buntu umusubiza mu mukungugu;+Uravuga uti “musubire mu mukungugu mwa bana b’abantu mwe.”+   Kuko imyaka igihumbi mu maso yawe ari nk’ejo hashize,+Ari nk’igice kimwe cy’ijoro.+   Warabakukumbye,+ bayoyoka nk’inzozi;+Mu gitondo bamera nk’ubwatsi bubisi bwongeye gutohagira.+   Mu gitondo buzana uburabyo hanyuma bukongera gutohagira;+Nimugoroba buraraba maze bukuma.+   Kuko uburakari bwawe bwatumazeho,+Kandi umujinya wawe waduhagaritse umutima.+   Washyize amakosa yacu imbere yawe,+N’ibyo twakoreye mu bwihisho ubishyira imbere yo mu maso hawe harabagirana.+   Kuko iminsi yacu yose yagabanutse bitewe n’umujinya wawe;+Twarangije imyaka yacu mu kanya nk’ako gusuhuza umutima.+ 10  Iminsi y’ubuzima bwacu ni imyaka mirongo irindwi;+Twagira imbaraga zidasanzwe ikaba imyaka mirongo inani;+ Nyamara iba yuzuyemo ibyago n’imibabaro,+Kuko ishira vuba, tukaba turigendeye.+ 11  Ni nde uzi ubukana bw’uburakari bwawe,+Akamenya n’umujinya wawe akurikije uko wowe ukwiriye gutinywa?+ 12  Twereke uko dukwiriye kubara iminsi yacu mu buryo+Butuma tugira umutima w’ubwenge.+ 13  Yehova, garuka!+ Uzageza ryari?+Girira imbabazi abagaragu bawe.+ 14  Mu gitondo uduhaze ineza yawe yuje urukundo,+Kugira ngo turangurure ijwi ry’ibyishimo kandi tunezerwe mu minsi yacu yose.+ 15  Utume tugira ibyishimo bihwanye n’iminsi twamaze utubabaza,+Imyaka yose twamaze tubona amakuba.+ 16  Ibikorwa byawe bigaragarire abagaragu bawe,+N’ubwiza bwawe buhebuje bugaragarire abana babo.+ 17  Ubwiza bwa Yehova Imana yacu bube kuri twe,+Kandi ukomeze imirimo y’amaboko yacu.+ Ni koko, ukomeze imirimo y’amaboko yacu.+

Ibisobanuro ahagana hasi