Zaburi 9:1-20

Ku mutware w’abaririmbyi ba Mutilabeni. Indirimbo ya Dawidi. א [Alefu] 9  Yehova, nzagusingiza n’umutima wanjye wose;+Nzamamaza imirimo yawe yose itangaje.+   Nzakwishimira kandi nkunezererwe;+Wowe Usumbabyose,+ nzaririmbira izina ryawe. ב [Beti]   Abanzi banjye nibasubira inyuma,+Bazasitara barimbukire imbere yawe,+   Kuko waciye urubanza rwanjye ukandenganura.+Wicaye ku ntebe yawe y’ubwami, uca imanza zikiranuka.+ ג [Gimeli]   Wacyashye amahanga,+ urimbura ababi.+Wasibanganyije izina ryabo kugeza ibihe bitarondoreka, ndetse iteka ryose.+   Yemwe mwa banzi mwe, mugiye kurimbuka iteka ryose.+Imigi warimbuye yarimbutse burundu.+ Ntibazongera kuvugwa ukundi.+ ה [He]   Yehova we azicara ku ntebe ye y’ubwami iteka ryose;+Intebe ye y’ubwami azayishimangira kugira ngo ace imanza.+   Azacira igihugu imanza zikiranuka;+Azacira amahanga imanza zitunganye.+ ו [Wawu]   Yehova azaba igihome kirekire gikingira umuntu wese ufite intimba;+Azaba igihome kirekire mu bihe by’amakuba.+ 10  Yehova, abazi izina ryawe bazakwiringira,+Kuko utazatererana abagushaka.+ ז [Zayini] 11  Muririmbire Yehova uri i Siyoni,+Mubwire abantu ibyo yakoze.+ 12  Igihe azashakisha abamena amaraso,+ azibuka+ imbabare.Ntazibagirwa gutaka kwazo.+ ח [Heti] 13  Yehova, ungirire neza; urebe umubabaro nterwa n’abanyanga,+Wowe unzamura ukankura mu marembo y’urupfu,+ 14  Kugira ngo namamaze ibikorwa byawe byose biguhesha ikuzo+Mu marembo+ y’umukobwa w’i Siyoni,+ Kugira ngo nishimire agakiza kawe.+ ט [Teti] 15  Amahanga yaguye mu mwobo yacukuye;+Ibirenge byabo bifatwa+ mu rushundura+ bateze. 16  Yehova yimenyekanishirije ku manza yaciye.+Umunyabyaha yagushijwe mu mutego n’ibikorwa bye. Higayoni.+ Sela. י [Yodi] 17  Ababi+ bazajya mu mva,+Kimwe n’amahanga yose yibagirwa Imana.+ 18  Umukene ntazibagirana iteka ryose,+N’ibyiringiro by’abicisha bugufi ntibizayoyoka.+ כ [Kafu] 19  Yehova, haguruka! Ntiwemere ko umuntu buntu akurusha imbaraga.+Reka amahanga acirwe urubanza imbere yawe.+ 20  Yehova, tera amahanga ubwoba,+ Kugira ngo amenye ko ari abantu buntu.+ Sela.

Ibisobanuro ahagana hasi