Zaburi 83:1-18

Indirimbo ya Asafu.+ 83  Mana, ntuceceke;+Mana,+ ntukomeze kurebera nta cyo uvuga, kandi ntiwiturize.   Dore abanzi bawe barivumbagatanyije;+Abakwanga urunuka bashyize imitwe yabo hejuru.+   Bajya inama rwihishwa bagacura imigambi mibi y’amayeri yo kugirira nabi ubwoko bwawe,+Bakagambanira abantu bawe urindira mu bwihisho.+   Baravuze bati “nimuze tubakureho ntibakomeze kuba ishyanga,+Kugira ngo izina rya Isirayeli ritazibukwa ukundi.”+   Bunze ubumwe bajya inama mu mitima yabo,+Bagirana isezerano ryo kukurwanya:+   Abo mu mahema ya Edomu,+ Abishimayeli, Abamowabu+ n’Abahagari,+   Gebali na Amoni+ na Amaleki,U Bufilisitiya+ hamwe n’abaturage b’i Tiro.+   Ashuri na yo yifatanyije na bo;+Batije amaboko bene Loti.+ Sela.   Ubagirire nk’ibyo wagiriye Midiyani,+ nk’ibyo wagiriye Sisera,+Nk’ibyo wagiriye Yabini+ mu kibaya cya Kishoni.+ 10  Barimburiwe muri Eni-Dori;+Bahindutse ifumbire y’ubutaka.+ 11  Abakomeye babo ubagenze nk’uko wagenje Orebu na Zebu,+N’abanyacyubahiro babo bose ubagenze nk’uko wagenje Zeba na Salumuna,+ 12  Bo bavuze bati “muze twigarurire ubuturo bw’Imana.”+ 13  Mana yanjye, ubagire nk’ibyatsi bitwawe na serwakira,+Nk’ibikenyeri bihuhwa n’umuyaga.+ 14  Ubagire nk’umuriro utwika ishyamba,+Nk’ibirimi by’umuriro bikongora imisozi;+ 15  Uko abe ari ko ubakurikiza umuyaga wawe w’ishuheri,+Ubateze inkubi y’umuyaga+ wawe bahagarike umutima. 16  Yehova, wuzuze igisuzuguriro mu maso habo,+Kugira ngo abantu bashake izina ryawe.+ 17  Baragakorwa n’isoni kandi bahagarike umutima iteka ryose,+Bamware kandi barimbuke,+ 18  Kugira ngo abantu bamenye+ ko wowe witwa Yehova,+Ari wowe wenyine Usumbabyose+ mu isi yose.+

Ibisobanuro ahagana hasi