Zaburi 81:1-16

Ku mutware w’abaririmbyi ba Gititi.+ Zaburi ya Asafu. 81  Murangururire Imana ijwi ry’ibyishimo, yo mbaraga zacu;+Murangururire Imana ya Yakobo ijwi ryo kunesha.+   Mutere indirimbo+ kandi mufate ishako;+Mufate inanga ishimishije na nebelu.+   Muvuze ihembe ku mboneko z’ukwezi,+Ku munsi mukuru wacu, ukwezi kwazoye.+   Kuko iryo ari itegeko ryategetswe Abisirayeli;+Ni itegeko ry’Imana ya Yakobo.   Yarishyiriyeho Yozefu kugira ngo rijye rimwibutsa,+Igihe yanyuraga mu gihugu cya Egiputa.+ Numvaga bavuga ururimi ntazi.+   “Umutwaro yahekaga nawumukuye ku rutugu,+Amaboko ye areka gutwara igitebo.+   Mu gihe cy’amakuba warampamagaye ndagutabara;+Nagushubije ndi mu bwihisho bw’inkuba.+Nakugenzuriye ku mazi y’i Meriba.+ Sela.   Bwoko bwanjye, nimwumve mbahamirize;+Isirayeli we, nunyumvira,+   Nta mana y’inzaduka izaba muri wowe,+Kandi ntuzikubita imbere y’imana y’amahanga.+ 10  Jye Yehova, ndi Imana yawe,+Imana yagukuye mu gihugu cya Egiputa.+ Asama cyane maze nuzuze akanwa kawe ibyokurya.+ 11  Ariko ubwoko bwanjye ntibwumviye ijwi ryanjye;+Isirayeli ntiyagaragaje ubushake bwo kunyumvira.+ 12  Ni yo mpamvu nabaretse bagakurikiza imitima yabo yinangiye,+Bagakurikiza inama zabo bwite.+ 13  Iyaba ubwoko bwanjye bwaranyumviye;+Iyaba Isirayeli yaragendeye mu nzira zanjye!+ 14  Mba naracishije bugufi abanzi babo mu buryo bworoshye;+Ukuboko kwanjye kuba kwararwanyije ababarwanya.+ 15  Abanga Yehova urunuka bazaza aho ari bamuhakweho batinya;+Igihe cyabo kizaba icy’iteka ryose. 16  Azakomeza kugaburira ubwoko bwe ingano nziza kurusha izindi,*+Kandi azabuha ubuki bwo mu rutare burye buhage.”+

Ibisobanuro ahagana hasi