Zaburi 80:1-19

Ku mutware w’abaririmbyi b’Amarebe.+ Indirimbo ya Asafu+ yo kwibutsa. 80  Mwungeri wa Isirayeli, tega amatwi,+Wowe uyobora Yozefu nk’umukumbi;+ Wowe wicaye ku bakerubi,+ rabagirana.+   Garagariza ububasha bwawe imbere ya Efurayimu na Benyamini na Manase,+Maze uze udukize.+   Mana, tugarure,+Kandi umurikishe mu maso hawe kugira ngo tubone agakiza.+   Yehova Mana nyir’ingabo, uzarakarira amasengesho y’ubwoko bwawe ugeze ryari?+   Watumye barya umugati w’amarira,+Utuma bakomeza kunywa amarira menshi cyane.+   Watumye abaturanyi bacu barwanira kudutegeka,+Kandi abanzi bacu bakomeza kutunnyega uko bashaka.+   Mana nyir’ingabo, tugarure;+Umurikishe mu maso hawe kugira ngo tubone agakiza.+   Wakuye umuzabibu muri Egiputa,+Wirukana amahanga kugira ngo uwutere.+   Warawukoreye+ kugira ngo ushore imizi, wuzure igihugu.+ 10  Imisozi yatwikiriwe n’igicucu cyawo,N’amasederi y’Imana atwikirwa n’amashami yawo.+ 11  Wakomeje kugaba amashami yawo agera ku nyanja,+Imishibu yawo igera no kuri rwa Ruzi.+ 12  Ni iki cyatumye usenya inkuta zawo z’amabuye,+Kandi kuki abahisi n’abagenzi bose bawusoroma?+ 13  Ingurube y’ishyamba ikomeza kuwurya,+Amashyo y’inyamaswa zo mu gasozi akomeza kuwurisha.+ 14  Mana nyir’ingabo, turakwinginze garuka;+Reba hasi uri mu ijuru maze witegereze uyu muzabibu, uwiteho.+ 15  Wite ku ishami ukuboko kwawe kw’iburyo kwateye,+Urebe umwana wakomeje ku bw’icyubahiro cyawe.+ 16  Umuzabibu watwikishijwe umuriro, uracibwa.+Barimbuwe n’igitsure cyawe.+ 17  Ukuboko kwawe kube ku muntu washyize iburyo bwawe,+Kube ku mwana w’umuntu wakomeje ku bw’icyubahiro cyawe.+ 18  Ntituzagutera umugongo.+Utume dukomeza kubaho kugira ngo twambaze izina ryawe.+ 19  Yehova Mana nyir’ingabo, tugarure;+Umurikishe mu maso hawe kugira ngo tubone agakiza.+

Ibisobanuro ahagana hasi