Zaburi 78:1-72

Masikili. Zaburi ya Asafu.+ 78  Bwoko bwanjye, nimwumve amategeko yanjye,+Mutege amatwi amagambo yo mu kanwa kanjye.+   Ndabumbuza akanwa kanjye imigani,+Mvuge ibisakuzo bya kera,+   Ibyo twumvise tukabimenya,+Tubibwiwe na ba sogokuruza.+   Ntitwabihishe abana babo,+Ndetse twabibwiye ab’igihe cyakurikiyeho,+ Tubabwira ibisingizo bya Yehova n’imbaraga ze,+N’ibintu bitangaje yakoze.+   Yashyizeho ibyo kwibutsa Yakobo,+Ashyira amategeko muri Isirayeli,+ Ni ukuvuga ibyo yategetse ba sogokuruza,+Ngo babimenyeshe abana babo,+   Kugira ngo ab’igihe kizakurikiraho, ari bo bana bari kuzavuka, babimenye,+Na bo bazahaguruke babibwire abana babo,+   Kugira ngo biringire Imana,+Be kwibagirwa ibyo Imana yakoze,+ ahubwo bumvire amategeko yayo;+   Kandi be kuzaba nka ba sekuruza+Bari ibigande n’ibyigomeke;+ Ntibari barateguye imitima yabo,+Imitima yabo ntiyari itunganiye Imana.+   Nubwo bene Efurayimu bari abahanga mu kurashisha umuheto,+Basubiye inyuma ku munsi w’urugamba.+ 10  Ntibakomeje isezerano ry’Imana,+Banze kugendera mu mategeko yayo.+ 11  Nanone bibagiwe imigenzereze yayo,+N’imirimo yayo itangaje yaberetse.+ 12  Yakoreye ibintu bitangaje imbere ya ba sekuruza,+Mu gihugu cya Egiputa,+ mu karere ka Sowani.+ 13  Yagabanyije inyanja mo kabiri kugira ngo ibambutse,+Ituma amazi ahagarara nk’urugomero.+ 14  Yabayoboraga ku manywa ikoresheje igicu,+Ikabayobora ijoro ryose ikoresheje urumuri rw’umuriro.+ 15  Yasatuye ibitare mu butayu,+Kugira ngo ibahe amazi yo kunywa menshi nk’ay’imuhengeri.+ 16  Yatumye imigezi isohoka mu rutare,+Ituma amazi atemba nk’inzuzi.+ 17  Ariko bakomeje kuyicumuraho,+Bigomeka ku Isumbabyose bari mu karere katagira amazi.+ 18  Bagerageje Imana mu mitima yabo,+Bayisaba ibyokurya ubugingo bwabo bwifuzaga.+ 19  Nuko batangira kuvuga Imana nabi,+Bati “ese Imana ishobora kuduhera ibyokurya muri ubu butayu?”+ 20  Dore yakubise urutare+Kugira ngo amazi adudubize n’imigezi itembe.+ “Mbese ishobora no kuduha ibyokurya,+Cyangwa gutegurira ubwoko bwayo ibibutunga?”+ 21  Ni cyo cyatumye Yehova arakara abyumvise,+Maze umuriro ukongerezwa Yakobo,+N’uburakari bugurumana bukongerezwa Isirayeli,+ 22  Kuko batizeye Imana,+Kandi ntibiringire agakiza kayo.+ 23  Yategetse ibicu byo hejuru,Kandi ikingura inzugi zo mu ijuru.+ 24  Yakomeje kubagushiriza manu yo kurya,+Ibaha impeke ziturutse mu ijuru.+ 25  Abantu bariye umugati w’abanyambaraga,+Iboherereza ibyokurya bararya barahaga.+ 26  Yahuhishije umuyaga mu kirere uturutse iburasirazuba,+Ihuhisha umuyaga uturutse mu majyepfo ikoresheje imbaraga zayo.+ 27  Yabagushirije ibyokurya byinshi nk’umukungugu,+Ibagushiriza n’inyoni nyinshi nk’umusenyi wo ku nyanja.+ 28  Yakomeje kuzigusha hagati mu nkambi,+Zigwa mu mpande zose z’amahema yayo.+ 29  Barariye barahaga cyane,+Ibyo bifuzaga irabibaha.+ 30  Ariko bakomeje kurarikira ibyokurya;Ibyokurya byari bikiri mu kanwa kabo,+ 31  Igihe uburakari bw’Imana bwabakongerezwaga,+Maze ikica abanyambaraga bo muri bo,+ Ikagusha abasore bo mu Bisirayeli. 32  Nubwo ibyo byose byababayeho, bakomeje gukora ibyaha,+Ntibizera imirimo yayo itangaje.+ 33  Ni cyo cyatumye ishyira iherezo ku minsi yabo nk’uko umwuka ushira,+N’imyaka yabo ikayirangiza ibaciyemo igikuba. 34  Igihe cyose yabicaga, na bo barayibaririzaga;+Baragarukaga bagashaka Imana.+ 35  Bibukaga ko Imana ari yo Gitare cyabo,+Bakibuka ko Imana Isumbabyose ari yo Muhozi wabo.+ 36  Bagerageje kuyishukisha akanwa kabo,+Bagerageza no kuyibeshyeshya ururimi rwabo.+ 37  Ariko umutima wabo ntiwari uyitunganiye,+Kandi ntibabaye indahemuka ku isezerano ryayo.+ 38  Nyamara yabagiriraga imbabazi,+ igatwikira ibyaha byabo+ ntibarimbure;+Incuro nyinshi yarigaruraga igacubya uburakari bwayo,+ Ntibyutse umujinya wayo wose. 39  Yakomezaga kwibuka ko ari abantu buntu,+Ko umwuka ubavamo ntugaruke.+ 40  Bayigomekagaho kenshi mu butayu,+Bakayibabariza ahadatuwe!+ 41  Bagerageje Imana kenshi,+Bababaza Uwera wa Isirayeli.+ 42  Ntibibutse ukuboko kwayo,+Ku munsi yabacunguriyeho ikabakiza umwanzi.+ 43  Ntibibutse ukuntu yakoreye ibimenyetso muri Egiputa,+N’uko yakoreye ibitangaza mu karere ka Sowani.+ 44  Ntibibutse ukuntu imigende ya Nili yabo yayihinduye amaraso,+Ku buryo batashoboye kunywa amazi y’imigezi yabo.+ 45  Yabateje ibibugu kugira ngo bibarye,+Ibateza n’ibikeri kugira ngo bibarimbure.+ 46  Umusaruro wabo yawugabije inyenzi,N’ibyo baruhiye ibigabiza inzige.+ 47  Imizabibu yabo yayicishije urubura,+N’ibiti byabo byo mu bwoko bw’imitini ibyicisha amahindu.+ 48  Amatungo yabo aheka imizigo yayagabije urubura,+Kandi amatungo yabo iyateza icyorezo gikomeye. 49  Yabasutseho uburakari bwayo bugurumana,+N’umujinya n’amagambo akaze yo kubamagana, n’ibyago,+Kandi iboherereza intumwa z’abamarayika zo kubateza amakuba.+ 50  Yateguriye inzira uburakari bwayo.+Ntiyarinze ubugingo bwabo urupfu, Ubuzima bwabo yabugabije icyorezo.+ 51  Amaherezo yica uburiza bwose bwo muri Egiputa,+Ubwo ubushobozi bwabo bwo kubyara bwatangiriyeho mu mahema ya Hamu.+ 52  Nuko ituma ubwoko bwayo bugenda nk’umukumbi,+Ibuyobora mu butayu nk’ubushyo.+ 53  Yabayoboye mu mutekano, kandi nta bwoba bagize.+Inyanja yarengeye abanzi babo.+ 54  Nuko irabazana ibageza mu gihugu cyayo cyera,+Muri aka karere k’imisozi miremire ukuboko kwayo kw’iburyo kwigaruriye.+ 55  Yirukanye amahanga kubera bo,+Ibagabanya umurage+ ikoresheje umugozi ugera, Bityo ituza imiryango y’Abisirayeli mu mazu yabo bwite.+ 56  Nyuma yaho batangira kugerageza Imana Isumbabyose no kuyigomekaho,+Ntibakomeza ibyo yabibutsaga.+ 57  Bakomeje gusubira inyuma no kuriganya nka ba sekuruza;+Barahindukiye bamera nk’umuheto utareze.+ 58  Bakomezaga kuyirakaza bitewe n’utununga twabo,+Bakayitera gufuha bitewe n’ibishushanyo byabo bibajwe.+ 59  Imana yarabyumvise+ irarakara cyane,+Maze izinukwa Abisirayeli.+ 60  Amaherezo ireka ihema ry’i Shilo,+Ari ryo hema yatuyemo hagati y’abantu bakuwe mu mukungugu.+ 61  Nuko itanga imbaraga zayo zijyanwa mu bunyage,+N’ubwiza bwayo ibuhana mu maboko y’umwanzi.+ 62  Yagabije ubwoko bwayo inkota,+Irakarira cyane abo yagize umurage wayo.+ 63  Umuriro wakongoye abasore babo,N’abari babo ntibaririmbirwa indirimbo z’ubukwe.+ 64  Abatambyi babo bishwe n’inkota,+Abapfakazi babo ntibabaririra.+ 65  Nuko Yehova akanguka nk’uwari usinziriye,+Ameze nk’umunyambaraga usindutse divayi.+ 66  Yica abanzi be abaturutse inyuma,+Abagira igitutsi kugeza ibihe bitarondoreka.+ 67  Yanze abo mu ihema rya Yozefu,+Ntiyatoranya umuryango wa Efurayimu.+ 68  Ahubwo yatoranyije umuryango wa Yuda,+Umusozi wa Siyoni, uwo yakunze.+ 69  Yubatse urusengero rwe nk’impinga z’imisozi,+Nk’uko yashimangiye imfatiro z’isi kugeza ibihe bitarondoreka.+ 70  Nuko atoranya umugaragu we Dawidi,+Amuvanye mu rugo rw’amatungo.+ 71  Yamuvanye inyuma y’izonsa,+Aramuzana kugira ngo aragire ubwoko bwe bw’aba Yakobo,+Ngo aragire Abisirayeli yagize umurage we.+ 72  Yabaragiranye umutima uboneye,+Kandi abayoborana ubuhanga.+

Ibisobanuro ahagana hasi