Zaburi 76:1-12

Ku mutware w’abaririmbyi baririmba hacurangwa inanga. Indirimbo ya Asafu.+ 76  Imana irazwi mu Buyuda;+Izina ryayo rirakomeye muri Isirayeli.+   Ubwugamo bwayo buri i Salemu,+Kandi ubuturo bwayo buri muri Siyoni.+   Ni ho yavunaguriye imyambi y’umuheto yaka umuriro,+N’ingabo n’inkota n’izindi ntwaro z’intambara.+ Sela.   Ugoswe n’urumuri kandi ufite ikuzo riruta iry’imisozi yuzuye umuhigo.+   Abafite umutima w’ubutwari baranyazwe;+Bafashwe n’ibitotsi barasinzira,+ Mu bagabo b’intwari bose nta n’umwe wabashije kwihagararaho.+   Mana ya Yakobo, ari ugendera mu igare ry’intambara, ari n’ifarashi, byombi byasinziriye ubuticura kubera igihano cyawe.+   Uteye ubwoba rwose!+Ni nde wahagarara imbere yawe umujinya wawe wagurumanye?+   Wumvikanishije urubanza rwawe uri mu ijuru;+Isi yagize ubwoba maze iraceceka+   Igihe Imana yahagurukiraga guca urubanza,+Kugira ngo ikize aboroheje bo ku isi bose.+ Sela. 10  Uburakari bw’abantu buzagusingiza,+Kandi uburakari busigaye uzabukenyera. 11  Muhigire Yehova Imana yanyu umuhigo kandi muwuhigure, mwebwe mwese abamukikije.+Mumuzanire impano mutinya.+ 12  Azacisha bugufi abayobozi;+Kandi atera ubwoba abami bo mu isi.+

Ibisobanuro ahagana hasi