Zaburi 74:1-23

Masikili. Zaburi ya Asafu.+ 74  Mana, kuki wadutaye burundu?+Ni iki gituma uburakari bwawe bukomeza kugurumanira umukumbi wo mu rwuri rwawe?+   Wibuke iteraniro ryawe waronse kera cyane,+Wibuke ubwoko wacunguye bukaba umurage wawe,+ Wibuke n’uyu musozi wa Siyoni watuyeho.+   Shingura intambwe zawe ujye mu matongo+ amaze igihe.Ibintu byose by’ahera umwanzi yarabirimbuye.+   Abakurwanya batontomye bari ahantu hawe ho guteranira.+Bahashinze amabendera yabo ngo abe ibimenyetso.+   Babaye ibyamamare bamera nk’umuntu ubangura ishoka agatema ibiti by’inzitane.   Ibishushanyo bikebye ku nkuta zaho, byose babimenaguje amashoka n’inyundo.+   Batwitse urusengero rwawe.+Bahumanyije ihema ryitirirwa izina ryawe, bararisenya barigeza ku butaka.+   Bo, ndetse n’urubyaro rwabo, bose hamwe bibwiye mu mitima yabo bati“Mu gihugu hose, ahantu h’Imana ho guteranira hagomba gutwikwa.”+   Amabendera yacu ntitwayabonye; nta muhanuzi ukiriho,+Kandi nta n’umwe muri twe uzi igihe bizamara. 10  Mana, umwanzi azakomeza kugutuka ageze ryari?+Mbese umwanzi azakomeza gusuzugura izina ryawe ubuziraherezo?+ 11  Ni iki gituma ukuboko kwawe, ndetse ukuboko kwawe kw’iburyo wavanyeMu gituza cyawe, kutagira icyo gukora, none tukaba tugiye gushiraho?+ 12  Nyamara Imana ni Umwami wanjye kuva kera kose;+Ni yo itanga agakiza gakomeye mu isi.+ 13  Ni wowe wavumbagatanyije inyanja ukoresheje imbaraga zawe;+Ni wowe wamenaguriye mu mazi imitwe y’ibikoko byo mu nyanja.+ 14  Ni wowe wajanjaguye imitwe ya Lewiyatani.*+Wayihaye abatuye mu turere tutagira amazi iba ibyokurya byabo.+ 15  Ni wowe wasatuye ubutaka amasoko aradudubiza, n’imigezi iratemba;+Ni wowe wakamije inzuzi zihora zitemba.+ 16  Amanywa ni ayawe; ijoro na ryo ni iryawe.+Ni wowe washyizeho ikimurika, ni ukuvuga izuba.+ 17  Ni wowe washyizeho ingabano zose z’isi,+Ni wowe washyizeho impeshyi n’itumba.+ 18  Yehova, ibuka ko umwanzi yagututse,+Kandi ko abapfapfa basuzuguye izina ryawe.+ 19  Ntuhe inyamaswa ubugingo bw’intungura yawe.+Ntukibagirwe burundu ubuzima bw’imbabare zawe.+ 20  Zirikana isezerano ryawe,+Kuko ahantu hacuze umwijima ho ku isi, hose habaye indiri z’urugomo.+ 21  Ushenjaguwe ntazagaruke yakozwe n’isoni.+Imbabare n’umukene nibasingize izina ryawe.+ 22  Mana, haguruka wirenganure.+Ibuka ibitutsi umupfapfa yirirwa agutuka.+ 23  Ntiwibagirwe ijwi ry’abakurwanya.+Urusaku rw’abahagurukira kukurwanya ruhora ruzamuka.+

Ibisobanuro ahagana hasi