Zaburi 68:1-35

Ku mutware w’abaririmbyi. Indirimbo ya Dawidi. 68  Imana nihaguruke,+ abanzi bayo batatane,+ Kandi itume abayanga urunuka bahunga.+   Ubirukane bagende nk’uko umwotsi ujyanwa n’umuyaga.+Nk’uko igishashara gishongeshwa n’umuriro,+ Abe ari ko ababi barimbukira imbere y’Imana.+   Ariko abakiranutsi bo bishime,+Banezererwe imbere y’Imana,+ Basabwe n’ibyishimo.+   Muririmbire Imana, muririmbire izina ryayo;+Mutere indirimbo, muririmbire unyura mu bibaya byo mu butayu.+ Izina rye ni Yah;+ munezererwe imbere ye.   Imana aho iri mu buturo bwayo bwera,+Ni yo se w’imfubyi n’umucamanza urengera abapfakazi.+   Imana ituma abari mu bwigunge batura mu nzu,+Ibohora imbohe igatuma zitunga zigatunganirwa;+ Ariko abinangira bazatura mu gihugu gikakaye.+   Mana, igihe wagendaga imbere y’ubwoko bwawe,+Igihe wanyuraga mu butayu+Sela   Isi yaratigise,+N’ijuru rirajojoba bitewe n’Imana;+ Umusozi wa Sinayi na wo uratigita bitewe n’Imana,+ ari yo Mana ya Isirayeli.+   Mana, wagushije imvura nyinshi;+Ndetse n’igihe abo wagize umurage wawe bananirwaga, ni wowe wabasubizagamo imbaraga.+ 10  Batuye mu nkambi+ y’amahema yawe;+Mana, wayiteguriye imbabare kuko ugira neza.+ 11  Yehova ubwe yaravuze,+Abagore bamamaza ubutumwa bwiza baba umutwe munini w’ingabo.+ 12  Ndetse n’abami b’ingabo barahunga; yee, barahunga,+Naho umugore usigara mu rugo akagabana ku minyago.+ 13  Nubwo mwakomeje kuryama hagati y’ibirundo by’ivu byo mu nkambi,Muzatahuka mumeze nk’inuma ifite amababa arabagirana nk’ifeza,* Amababa maremare yayo arabagirana nka zahabu y’umuhondo uvanze n’icyatsi kibisi.+ 14  Igihe Ishoborabyose yahatatanyirizaga abami,+Shelegi yatangiye kugwa i Salumoni.+ 15  Akarere k’imisozi miremire y’i Bashani+ ni umusozi w’Imana;+Akarere k’imisozi miremire y’i Bashani ni umusozi w’impinga nyinshi.+ 16  Mwa misozi y’impinga nyinshi mwe, ni iki gituma mukomeza kurebana ishyariUmusozi Imana yashatse guturaho?+ Yehova ubwe azawuturaho iteka ryose.+ 17  Amagare y’intambara y’Imana ni uduhumbi n’uduhumbagiza.+Yehova yavuye kuri Sinayi ajya ahera.+ 18  Warazamutse ujya hejuru,+Ujyana imbohe,+Utwara impano zigizwe n’abantu,+Ndetse n’abinangira,+ Yah, Mana, kugira ngo uture muri bo.+ 19  Yehova nasingizwe, we utwikorerera imitwaro buri munsi,+We Mana y’ukuri y’agakiza kacu.+ Sela. 20  Imana y’ukuri ni yo Mana idukiza,+Kandi inzira ziva mu rupfu+ zifitwe na Yehova, Umwami w’Ikirenga.+ 21  Koko rero, Imana ubwayo izajanjagura umutwe w’abanzi bayo,+Izajanjagura umutwe w’umuntu wese ugendera mu cyaha.+ 22  Yehova yaravuze ati “nzabagarura mbakuye i Bashani,+Nzabagarura mbakuye imuhengeri h’inyanja,+ 23  Kugira ngo ikirenge cyawe ucyogeshe amaraso,+N’imbwa zawe zirigate amaraso y’abanzi.”+ 24  Mana, babonye imitambagiro yawe,+Imitambagiro y’Imana yanjye, ari yo Mwami wanjye, ijya ahera.+ 25  Abaririmbyi bagiye imbere, abacuranga inanga bagenda babakurikiye,+Hagati yabo hari abakobwa bavuza amashako.+ 26  Mwa bakomoka ku Isoko ya Isirayeli mwese mwe,+Musingirize Yehova Imana mu iteraniro rinini.+ 27  Dore Benyamini muto arabategeka,+Abatware b’i Buyuda hamwe n’imbaga y’abantu barangurura amajwi, N’abatware ba Zabuloni n’abatware ba Nafutali,+ barabategeka. 28  Imana yawe yategetse ko uhabwa imbaraga.+Mana, garagaza imbaraga, wowe waturwanyeho.+ 29  Abami bazakuzanira impano+Bitewe n’urusengero rwawe ruri i Yerusalemu.+ 30  Ucyahe inyamaswa yo mu rubingo+ n’ubushyo bw’ibimasa,+N’inyana z’abantu bo mu mahanga ziribata ibiceri by’ifeza.+ Yatatanyije abantu bo mu mahanga bishimira intambara.+ 31  Ibikoresho bicuzwe mu muringa bizaturuka muri Egiputa;+Kushi izahita irambura amaboko ihe Imana impano.+ 32  Mwa bwami bwo ku isi mwe, muririmbire Imana;+Nimucurangire Yehova—Sela 33  Mucurangire ugendera mu ijuru rya kera risumba andi majuru.+Dore ararangurura ijwi, ijwi rifite imbaraga.+ 34  Mwemere ko Imana ifite imbaraga.+Gukomera kwayo kuri hejuru ya Isirayeli n’imbaraga zayo ziri mu bicu.+ 35  Ni Imana iteye ubwoba aho iri mu rusengero rwayo rukomeye.+Ni Imana ya Isirayeli, iha abantu imbaraga n’ubushobozi.+ Imana nisingizwe.+

Ibisobanuro ahagana hasi