Zaburi 62:1-12

Ku mutware w’abaririmbyi ba Yedutuni. Indirimbo ya Dawidi. 62  Ubugingo bwanjye butegereza Imana bucecetse;+ Ni yo impa agakiza.+   Mu by’ukuri, ni yo gitare cyanjye n’agakiza kanjye, ni igihome kirekire kinkingira.+Sinzanyeganyezwa cyane.+   Muzakomeza kugaba igitero ku wo mushaka kwica mugeze ryari?+Mwese mumeze nk’urukuta ruhengamye, urukuta rw’amabuye rwenda guhirima.+   Bagira umuntu inama bagamije kumutesha icyubahiro cye.+Bishimira ibinyoma.+ Akanwa kabo gasabira abantu imigisha, ariko umutima wabo ukabavuma.+ Sela.   Bugingo bwanjye, jya utegereza Imana ucecetse,+Kuko ari yo byiringiro byanjye.+   Ni koko, ni yo gitare cyanjye n’agakiza kanjye, kandi ni igihome kirekire kinkingira.+Sinzanyeganyezwa.+   Imana ni yo impa agakiza n’icyubahiro;+Imana ni yo gitare cyanjye gikomeye, kandi ni yo buhungiro bwanjye.+   Mwa bantu mwe, mujye muyiringira igihe cyose;+Mujye musuka imbere yayo ibiri mu mitima yanyu.+ Imana ni yo buhungiro bwacu.+ Sela.   Mu by’ukuri, abantu bakuwe mu mukungugu ni umwuka gusa.+Abana b’abantu si abo kwiringirwa,+ Bose bashyizwe ku munzani, umwuka ubarusha kuremera.+ 10  Ntimukiringire uburiganya,+Kandi ntimukiringire ubwambuzi+ kuko nta cyo bimaze. Ubutunzi bwanyu nibugwira, ntimukabushyireho umutima.+ 11  Imana yavuze rimwe kandi nabyumvise incuro ebyiri,+Ko imbaraga ari iz’Imana.+ 12  Yehova, ineza yuje urukundo na yo ni wowe iturukaho,+Kuko witura umuntu wese ibihwanye n’ibyo yakoze.+

Ibisobanuro ahagana hasi