Zaburi 6:1-10

Ku mutware w’abaririmbyi. Indirimbo ya Dawidi iririmbwa hacurangwa inanga ziregeye ku ijwi ryo hasi.+ 6  Yehova, ntuncyahe ufite uburakari,+Ntunkosore ufite umujinya.+   Yehova, ungirire neza kuko negekaye.+Yehova, nkiza+ kuko amagufwa yanjye ahinda umushyitsi.   Ubugingo bwanjye burahangayitse cyane.+None se Yehova, uzategereza ugeze ryari?+   Yehova, garuka+ utabare ubugingo bwanjye,+Nkiza ku bw’ineza yawe yuje urukundo.+   Kuko abapfuye batazavuga ibyawe.+Ni nde uzagusingiriza mu mva?*+   Nanijwe no kuniha,+Ijoro ryose ntosa uburiri bwanjye,+ Uburiri bwanjye mbwuzuza amarira.+   Ijisho ryanjye rinanijwe n’agahinda,+Rishajishijwe n’abandwanya bose.+   Mumve iruhande mwa nkozi z’ibibi mwese mwe,+Kuko Yehova atazabura kumva kurira kwanjye.+   Yehova azumva ibyo musaba;+Yehova ubwe azemera isengesho ryanjye.+ 10  Abanzi banjye bose bazakorwa n’isoni+ cyane kandi bahagarike umutima;Bazasubira inyuma, bahite bakorwa n’isoni.+

Ibisobanuro ahagana hasi