Zaburi 59:1-17

Ku mutware w’abaririmbyi. “Wirimbura.” Mikitamu. Zaburi ya Dawidi igihe Sawuli yoherezaga abantu bakarinda inzu kugira ngo bamwice.+ 59  Mana yanjye, nkiza abanzi banjye,+ Undinde abahagurukira kundwanya.+   Unkize inkozi z’ibibi+N’abariho urubanza rw’amaraso.   Dore bubikiriye ubugingo bwanjye;+Abakomeye bangabaho igitero,+ Kandi rwose Yehova, sinigeze nigomeka, kandi nta cyaha nakoze.+   Nubwo nta cyaha nakoze, bariruka bakitegura.+Haguruka wumve gutaka kwanjye kandi urebe.+   Yehova, wowe Mana nyir’ingabo, uri Imana ya Isirayeli.+Kanguka ugenzure amahanga yose.+ Ntugirire neza abagambanyi bakora ibibi.+ Sela.   Bakomeza kugaruka nimugoroba;+Bakomeza kuzenguruka umugi+ bamoka nk’imbwa.+   Dore akanwa kabo gakomeza gusuka amagambo;+Inkota ziri ku minwa yabo;+ Ni nde wumva?+   Ariko wowe Yehova, uzabaseka;+Uzannyega amahanga yose.+   Ni wowe Mbaraga zanjye, ni wowe nzakomeza kurangamira;+Kuko Imana ari yo gihome kirekire kinkingira.+ 10  Imana ingaragariza ineza yuje urukundo izansanganira;+Imana ubwayo izatuma nishima hejuru y’abanzi banjye.+ 11  Ntubice kugira ngo abantu banjye batibagirwa.+Ubazerereze ukoresheje imbaraga zawe;+ Yehova ngabo idukingira,+ ubarimbure 12  Ubahoye icyaha cy’iminwa yabo, ni ukuvuga amagambo ava mu kanwa kabo.+Bafatirwe mu mutego w’ubwibone bwabo,+ Ubahora imivumo n’ibinyoma bahora bavuga. 13  Ubarakarire cyane ubarimbure;+Ubarimbure kugira ngo be kubaho, Kandi bamenye ko Imana itegeka mu ba Yakobo ikageza ku mpera z’isi.+ Sela. 14  Bareke bagaruke nimugoroba;Bareke bazenguruke umugi bamoka nk’imbwa.+ 15  Bazerere bashaka icyo kurya;+Be guhaga kandi be kubona aho barara.+ 16  Jyeweho nzaririmba ndata imbaraga zawe;+Mu gitondo nzavuga iby’ineza yawe yuje urukundo nishimye,+Kuko wagaragaje ko uri igihome cyanjye,+N’ahantu nshobora guhungira ku munsi w’amakuba yanjye.+ 17  Wowe Mbaraga zanjye, nzakuririmbira;+Kuko Imana ari igihome cyanjye, kandi ni Imana ingaragariza ineza yuje urukundo.+

Ibisobanuro ahagana hasi