Zaburi 58:1-11

Ku mutwarew’abaririmbyi. “Wirimbura.” Zaburi ya Dawidi. Mikitamu. 58  Mwavuga mute ibyo gukiranuka kandi mwicecekeye?+ Mwa bana b’abantu mwe, ese mushobora guca imanza zitabera?+   Ntibishoboka, kuko umutima wanyu ubashishikariza gukora ibyo gukiranirwa mu isi,+Kandi amaboko yanyu muyaha urwaho rwo gukora iby’urugomo.+   Ababi bononekaye bakiri mu nda za ba nyina.+Batangiye kuyobagurika bakiri mu nda; Bavuga ibinyoma.+   Ubumara bwabo bumeze nk’ubumara bw’inzoka.+Ni ibipfamatwi nk’inzoka y’impoma yiziba amatwi,+   Ntiyumve ijwi ry’abagombozi,+Nubwo umuntu w’umuhanga ayizinga.+   Mana, ukure amenyo ari mu kanwa kabo.+Yehova, janjagura inzasaya z’intare z’umugara zikiri nto.   Bashonge nk’abayengeye mu mazi akabatembana;+Abange umuheto atamike imyambi ye maze bagwe.+   Bagenda bameze nk’ikinyamushongo gishonga.Bameze nk’inda yavuyemo, ntibazigera rwose babona izuba.+   Mbere y’uko inkono zanyu zumva umuriro w’umufatangwe waka,+Umufatangwe mubisi n’uwaka, yose azayikuraho nk’ikukumbwe n’inkubi y’umuyaga.+ 10  Umukiranutsi azishimira ko yabonye uko guhora,+Kandi ibirenge bye azabyogesha amaraso y’ababi.+ 11  Abantu bazavuga bati+ “rwose umukiranutsi ahabwa ingororano.+Ni ukuri hariho Imana ica imanza mu isi.”+

Ibisobanuro ahagana hasi