Zaburi 57:1-11

Ku mutware w’abaririmbyi. “Wirimbura.” Mikitamu. Zaburi ya Dawidi igihe yahungiraga Sawuli mu buvumo.+ 57  Ungirire neza Mana, ungirire neza,+ Kuko ari wowe ubugingo bwanjye bwahungiyeho,+ Kandi mu gicucu cy’amababa yawe ni mo nahungiye kugeza aho ibyago bizashirira.+   Ntakambira Imana Isumbabyose, Imana y’ukuri, yo ibinkiza.+   Izohereza ubufasha buturutse mu ijuru inkize.+Izateza urujijo unshihagura wese.+ Sela.Imana izohereza ineza yayo yuje urukundo n’ukuri kwayo.+   Ubugingo bwanjye buri hagati y’intare;+Nahatiwe kuryama hagati y’inyamaswa ziryana, hagati y’abana b’abantu,Bafite amenyo ameze nk’amacumu n’imyambi,+Kandi indimi zabo zimeze nk’inkota zityaye.+   Mana, ushyirwe hejuru usumbe ijuru;+Icyubahiro cyawe kibe hejuru y’isi yose.+   Intambwe zanjye baziteze urushundura;+Ubugingo bwanjye bwarahetamye.+Bacukuye umwobo imbere yanjye,Ariko ni bo bawuguyemo.+ Sela.   Mana, umutima wanjye urashikamye,+Umutima wanjye urashikamye.Nzaririmba ncurange.+   Cyubahiro cyanjye, kanguka,+Kanguka nebelu we, nawe wa nanga we.+ Nzakangura umuseso.   Yehova, nzagusingiriza mu bantu bo mu mahanga;+Nzakuririmbira ndi hagati y’amahanga,+ 10  Kuko ineza yawe yuje urukundo ari nyinshi, igera mu ijuru,+N’ukuri kwawe kugera mu bicu.+ 11  Mana, ushyirwe hejuru usumbe ijuru;+Icyubahiro cyawe kibe hejuru y’isi yose.

Ibisobanuro ahagana hasi