Zaburi 56:1-13

Ku mutware w’abaririmbyi b’Inuma icecetse yo mu za kure. Mikitamu. Zaburi ya Dawidi, igihe Abafilisitiya bamufatiraga i Gati.+ 56  Mana, ungirire neza kuko umuntu buntu yanshihaguye.+ Arandwanya umunsi ukira, agakomeza kunkandamiza.+   Abanzi banjye baranshihagura umunsi ukira,+Kuko hari benshi bishyira hejuru bakandwanya.+   Ariko igihe cyose nzaba mfite ubwoba, nzakwiringira.+   Nzarata ijambo ry’Imana kuko iri kumwe nanjye.+Imana ni yo niringiye, sinzatinya.+Umuntu buntu yantwara iki?+   Bangiza ibikorwa byanjye umunsi ukira;Nta kindi batekereza uretse kungirira nabi.+   Bangabaho igitero, bakihisha;+Bakomeza kwitegereza intambwe zanjye+Bategereje ubugingo bwanjye.+   Mana, ubate kure bitewe n’imigambi yabo mibi.+Urakarire abantu bo mu mahanga ubarimbure.+   Ibyo guhunga kwanjye warabyanditse.+Ushyire amarira yanjye mu ruhago rwawe rw’uruhu.+Mbese ntiyanditswe mu gitabo cyawe?+   Umunsi nzaguhamagara, icyo gihe abanzi banjye bazasubira inyuma;+Nzi neza ko Imana inshyigikiye.+ 10  Nzarata ijambo ry’Imana kuko iri kumwe nanjye;+Nzarata ijambo rya Yehova kuko ari kumwe nanjye.+ 11  Imana ni yo niringiye, sinzatinya.+Umuntu wakuwe mu mukungugu yantwara iki?+ 12  Mana, hari imihigo naguhigiye ngomba guhigura.+Nzagutura ibitambo by’ishimwe,+ 13  Kuko wakijije ubugingo bwanjye urupfu;+Mbese ntiwarinze ibirenge byanjye gusitara,+Kugira ngo ngendere imbere y’Imana ndi mu mucyo w’abazima?+

Ibisobanuro ahagana hasi