Zaburi 55:1-23

Ku mutware w’abaririmbyi baririmba hacurangwa inanga. Masikili. Zaburi ya Dawidi. 55  Mana, tegera ugutwi isengesho ryanjye;+ Ntiwirengagize ibyo ngusaba.+   Ita ku byo ngusaba kandi unsubize.+Mpora nteraganwa hirya no hino n’ibimpangayikisha,+Kandi mpagaritse umutima   Bitewe n’ibyo umwanzi avuga, n’umuntu mubi umpoza ku nkeke.+Bakomeza kundohaho amakuba,+Kandi barandakarira bakanyanga cyane.+   Umutima wanjye urababaye cyane,+Ubwoba bwo gutinya urupfu bwarantashye.+   Ubwoba no guhinda umushyitsi byanyinjiyemo,+Kandi gutengurwa kurantwikiriye.   Mpora mvuga nti “iyaba nari mfite amababa nk’ay’inuma!+Mba ngurutse nkajya kure ngaturayo.+   Nagenda ngahungira kure,+Nkaba nibereye mu butayu.+ Sela   Nakwihuta nkajya aho mpungiraUmuyaga w’ishuheri n’umugaru.”+   Yehova, batere urujijo kandi usobanye ururimi rwabo,+Kuko nabonye urugomo n’intonganya mu mugi.+ 10  Ku manywa na nijoro bagenda hejuru y’inkuta zawo+ bawuzenguruka;Urimo ubugizi bwa nabi n’akaga.+ 11  Urimo ibyago;Gukandamiza n’uburiganya bihora ku karubanda.+ 12  Si umwanzi wantutse,+Mba narabyihanganiye.Si umuntu unyanga urunuka wanyiraseho,+Mba naramwihishe.+ 13  Ahubwo ni wowe, umuntu buntu twari duhwanye,+Wari incuti yanjye magara kandi twari tuziranye,+ 14  Kuko twari dufitanye ubucuti bushimishije;+Twajyanaga mu nzu y’Imana turi kumwe n’imbaga y’abantu.+ 15  Kurimbuka kubagwe gitumo!+Bamanuke bajye mu mva ari bazima,+Kuko aho babaga hose, ibibi byabaga bibarimo.+ 16  Jyeweho, nzahamagara Imana;+Kandi Yehova ubwe azankiza.+ 17  Haba nimugoroba, mu gitondo no ku manywa mba mpangayitse mboroga,+Kandi yumva ijwi ryanjye.+ 18  Azacungura ubugingo bwanjye abukize intambara y’abandwanya atume buba amahoro,+Kuko banteye ari benshi.+ 19  Imana izumva ibasubize,+Yo yicaye ku ntebe y’ubwami nk’uko byahoze na kera.+ SelaBo batigeze bahinduka,+Kandi ntibatinye Imana.+ 20  Yarambuye ukuboko arwanya abari babanye na we amahoro;+Yishe isezerano rye.+ 21  Amagambo ava mu kanwa ke+ anyerera kurusha amavuta,Ariko umutima we uba witeguye kurwana.+Amagambo ye yorohereye kurusha amavuta,+Nyamara ameze nk’inkota zityaye.+ 22  Ikoreze Yehova umutwaro wawe,+Na we azagushyigikira.+Ntazigera yemera ko umukiranutsi anyeganyezwa.+ 23  Ariko wowe Mana, uzabamanura ubashyire mu rwobo hasi cyane.+Naho abariho urubanza rw’amaraso kandi bariganya, bazapfa batagejeje no kuri kimwe cya kabiri cy’iminsi yabo.+Ariko jyeweho, nzakwiringira.+

Ibisobanuro ahagana hasi