Zaburi 53:1-6

Ku mutware w’abaririmbyi,mu ijwi rya Mahalati.+ Masikili. Zaburi ya Dawidi. 53  Umupfapfa yibwiye mu mutima we ati “Yehova ntabaho.”+ Bakoze ibyangiza kandi bakora ibyo gukiranirwa byangwa.+ Nta n’umwe ukora ibyiza.+   Imana yarebye hasi iri mu ijuru, yitegereza abantu+Kugira ngo irebe niba hari ufite ubushishozi, ushaka Yehova.+   Bose basubiye inyuma, bose barononekaye;+Nta n’umwe ukora ibyiza,+ Habe n’umwe.   Mbese mu nkozi z’ibibi zose habuze n’umwe usobanukiwe,+Ko barya abantu banjye nk’abarya umugati?+Ntibigeze bambaza Yehova.+   Ubwoba bwinshi bwarabatashye,+Nubwo nta biteye ubwoba byari bihari;+Kuko Imana ubwayo izatatanya amagufwa y’umuntu wese ukurwanya.+Uzabakoza isoni kuko na Yehova ubwe yabanze.+   Iyaba i Siyoni haturukaga agakiza ka Isirayeli!+Igihe Yehova azagarura ubwoko bwe bwagizwe imbohe,+Yakobo azishima, Isirayeli anezerwe.+

Ibisobanuro ahagana hasi