Zaburi 51:1-19

Ku mutware w’abaririmbyi. Indirimbo ya Dawidi, igihe umuhanuzi Natani yazaga kumureba, nyuma y’aho Dawidi aryamaniye na Batisheba.+ 51  Mana, ungirire neza nk’uko ineza yawe yuje urukundo iri;+ Nk’uko imbabazi zawe ari nyinshi, uhanagure ibicumuro byanjye.+   Unyuhagire unkureho ikosa ryanjye,+Kandi unyezeho icyaha cyanjye.+   Nzi neza ibicumuro byanjye,+Kandi icyaha cyanjye gihora imbere yanjye.+   Ni wowe nacumuyeho,+ wowe wenyine,Kandi nakoze ibibi mu maso yawe;+Nuko nuvuga ugaragare ko ukiranuka,+Kandi nuca urubanza ugaragare ko utariho umugayo.+   Dore mama yambyaye ababara, ndi umunyabyaha,+Kandi yansamye ndi umunyabyaha.+   Dore wishimiye ukuri ko mu mutima;+Umpe kugira ubwenge nyakuri mu mutima wanjye.+   Unyezeho icyaha cyanjye, ucyejesheje hisopu kugira ngo ncye.+Unyuhagire kugira ngo nere ndushe urubura.+   Unyumvishe ijwi ry’ibyishimo n’umunezero,+Kugira ngo amagufwa wajanjaguye yishime.+   Uhishe mu maso hawe, nturebe ibyaha byanjye,+Kandi uhanagure amakosa yanjye yose.+ 10  Mana, undememo umutima uboneye,+Kandi unshyiremo umwuka mushya utuma nshikama.+ 11  Ntunte kure y’amaso yawe;+Kandi ntumvaneho umwuka wawe wera.+ 12  Unsubizemo ibyishimo bituruka ku gakiza kawe,+Kandi umpe kugira umutima utuma nkumvira.+ 13  Abacumura nzabigisha inzira zawe,+Kugira ngo abanyabyaha bakugarukire.+ 14  Mana, Mana y’agakiza kanjye,+ nkuraho urubanza rw’amaraso,+Kugira ngo ururimi rwanjye rwishimire kuvuga ibyo gukiranuka kwawe.+ 15  Yehova, bumbura iminwa yanjye,+Kugira ngo akanwa kanjye kagusingize.+ 16  Ni uko utishimira ibitambo, naho ubundi nari kubitamba;+Ntunezezwa n’ibitambo bikongorwa n’umuriro.+ 17  Ibitambo Imana yemera ni umutima umenetse.+Umutima umenetse kandi ushenjaguwe, Mana ntuzawusuzugura.+ 18  Ugirire neza Siyoni+ kuko uyemera;Wubake inkuta z’i Yerusalemu.+ 19  Ni bwo uzishimira ibitambo byo gukiranuka,+Ukishimira ibitambo byoswa n’ibitambo bikongorwa n’umuriro;+Ni bwo ibimasa bizatambirwa ku gicaniro cyawe.+

Ibisobanuro ahagana hasi