Zaburi 5:1-12

Ku mutware w’abaririmbyi ba Nehiloti. Indirimbo ya Dawidi. 5  Yehova, tegera ugutwi+ amagambo yanjye,Wumve kuniha kwanjye.   Mwami wanjye,+ Mana yanjye,Ita ku ijwi ryo gutabaza kwanjye,+ kuko ari wowe nsenga.+   Yehova, mu gitondo uzumva ijwi ryanjye,+Mu gitondo nzajya ngusenga hanyuma ntegereze.+   Nta muntu mubi uzaba aho uri,+Kuko uri Imana itishimira ibibi.+   Abiyemera ntibazahagarara mu maso yawe.+Wanga abakora ibibi bose.+   Uzarimbura abavuga ibinyoma.+Yehova yanga umuntu wese uvusha amaraso+ n’uriganya.+   Kubera ko ineza yawe yuje urukundo ari nyinshi,+Nzinjira mu nzu yawe,+ Nzapfukama nuname nerekeye urusengero rwawe rwera kuko ngutinya.+   Yehova, nyobora mu nzira zawe zikiranuka+ kuko abanzi banjye+ bangose;Uringanize inzira yawe imbere yanjye.+   Nta jambo ryiringirwa riva mu kanwa kabo;+Imitima yabo yuzuye ibibi gusa,+Imihogo yabo ni imva irangaye,+Kandi bagira akarimi gasize amavuta.+ 10  Imana izababaraho icyaha,+Bazagushwa n’imigambi yabo,+Bazatatana bitewe n’ibicumuro byabo byinshi,+Kuko bakwigometseho.+ 11  Ariko abaguhungiraho bose bazishima,+Bazarangurura ijwi ry’ibyishimo+ kugeza ibihe bitarondoreka.Uzakumira abashaka kubagirira nabi,Kandi abakunda izina ryawe bazakwishimira.+ 12  Yehova, ni wowe uzaha umugisha umukiranutsi;+Uzamwemera, umugote+ umurinde nk’ingabo nini+ imukingira.

Ibisobanuro ahagana hasi