Zaburi 49:1-20

Ku mutware w’abaririmbyi. Indirimbo ya bene Kora.+ 49  Mwa bantu bo mu mahanga mwese mwe, nimwumve; Mwa bantu b’iki gihe mwese mwe, nimutege amatwi,+   Mwa bana b’abantu mwese mwe,Abakire n’abakene mwese hamwe.+   Akanwa kanjye karavuga amagambo y’ubwenge,+Kandi ibyo umutima wanjye utekereza ni ibintu by’ubuhanga.+   Nzategurira ugutwi kwanjye kumva imigani;+Nzica igisakuzo cyanjye ncuranga inanga.+   Kuki nagira ubwoba ngeze mu minsi mibi,+Mu gihe ngoswe n’icyaha cy’abashaka kungusha?+   Abiringira ibyo batunze+Bagakomeza kwiratana ubutunzi bwabo bwinshi,+   Nta n’umwe muri bo ushobora gucungura umuvandimwe,+Cyangwa ngo ahe Imana incungu ye;   (Ikiguzi cy’incungu y’ubugingo bw’umuntu ni icy’agaciro kenshi cyane,+Ku buryo kitatanzwe kugeza ibihe bitarondoreka)   Kugira ngo akomeze kubaho iteka ryose ntabone rwa rwobo.+ 10  Kuko abona ko abanyabwenge na bo bapfa,+Umupfapfa n’utagira ubwenge bose bararimbuka,+Ibyo bari batunze bakabisigira abandi.+ 11  Icyo imitima yabo yifuza, ni uko amazu yabo yagumaho kugeza ibihe bitarondoreka,+Amahema yabo agahoraho uko ibihe biha ibindi.+Amasambu yabo bayitiriye amazina yabo.+ 12  Nyamara umuntu wakuwe mu mukungugu, nubwo aba afite icyubahiro, ntakomeza gutura iteka;+Koko rero, ameze nk’inyamaswa zishwe.+ 13  Uko ni ko abapfapfa bamera,+Kimwe n’ababakurikira bakishimira amagambo yabo yo kwiyemera. Sela. 14  Urupfu rurabaragira,+Rukabajyana mu mva+ bameze nk’intama zishorewe;Kandi mu gitondo abakiranutsi barabategeka.+Imibiri yabo izasaza ishireho;+Buri wese azajya mu mva aho gushyirwa hejuru.+ 15  Ariko Imana izacungura ubugingo bwanjye ibuvane mu mva,+Kuko izanyakira. Sela. 16  Ntugaterwe ubwoba n’uko hari umuntu uronse ubutunzi,+N’icyubahiro cy’inzu ye kikiyongera,+ 17  Kuko iyo apfuye adashobora kugira ikintu na kimwe ajyana;+Icyubahiro cye ntikizamanukana na we kimukurikiye.+ 18  Kuko igihe yari akiriho yakomeje kwihimbaza;+(Abantu bazagushimira ko wikungahaje)+ 19  Amaherezo azapfa asange ba sekuruza.+Ntibazongera kubona umucyo ukundi.+ 20  Umuntu wakuwe mu mukungugu, nubwo aba afite icyubahiro, iyo adafite ubwenge+Aba ameze nk’inyamaswa zishwe.+

Ibisobanuro ahagana hasi