Zaburi 44:1-26

Ku mutware w’abaririmbyi. Zaburi ya bene Kora.+ Masikili. 44  Mana, twarabyiyumviye n’amatwi yacu. Ba sogokuruza batubwiye+ Ibyo wakoze mu gihe cyabo,+ Mu bihe bya kera.+   Wirukanye amahanga+ uyirukanishije ukuboko kwawe,Maze aho yari atuye uhatuza ubwoko bwawe.+Wamenaguye amahanga urayirukana.+   Kuko inkota yabo atari yo yatumye bigarurira igihugu,+Kandi ukuboko kwabo si ko kwabahesheje agakiza.+Ahubwo bagaheshejwe n’ukuboko kwawe kw’iburyo+ hamwe n’imbaraga zawe n’urumuri rwo mu maso hawe,Kuko wabishimiye.+   Mana, ni wowe Mwami wanjye.+Utegeke ko Yakobo abona agakiza gakomeye.+   Nudufasha tuzirukana abanzi bacu;+Abahagurukira kuturwanya tuzabanyukanyuka mu izina ryawe.+   Kuko ntiringiye umuheto wanjye,+Kandi inkota yanjye si yo yankijije.+   Wadukijije abanzi bacu,+Ukoza isoni abatwanga urunuka.+   Tuzasingiza Imana umunsi wose,+Kandi tuzasingiza izina ryawe iteka ryose.+ Sela.   Ariko noneho waradutaye ukomeza kudukoza isoni;+Nta n’ubwo ugitabarana n’ingabo zacu.+ 10  Ukomeza gutuma dusubira inyuma tugahunga umwanzi,+N’abatwanga urunuka barasahuye barijyanira.+ 11  Wadutanze nk’intama, tumera nk’ibyokurya,+Wadutatanyirije mu mahanga.+ 12  Wagurishije ubwoko bwawe ku giciro gito cyane,+Kandi ikiguzi cyabwo nta cyo cyakunguye. 13  Watumye tuba igitutsi mu baturanyi bacu,+Abadukikije bose baratunnyega bakadukoba.+ 14  Watugize iciro ry’imigani mu mahanga,+Amahanga yose atuzunguriza umutwe.+ 15  Nkozwa isoni umunsi wose;Ikimwaro gitwikiriye mu maso hanjye,+ 16  Bitewe n’ijwi ry’untuka n’umvuga nabi,Bitewe n’umwanzi hamwe n’uwihorera.+ 17  Ibyo byose byatugezeho ariko ntitwakwibagiwe,+Kandi ntitwishe isezerano ryawe.+ 18  Umutima wacu ntiwasubiye inyuma ngo tube abahemu,+Kandi intambwe zacu ntizateshutse inzira yawe.+ 19  Watujanjaguriye mu ikutiro ry’ingunzu,+Udutwikiriza umwijima w’icuraburindi.+ 20  Iyo twibagirwa izina ry’Imana yacu,Cyangwa tugategera ibiganza imana y’inzaduka,+ 21  Imana ubwayo ntiba yarabigenzuye?+Kuko imenya amabanga y’umutima.+ 22  Ariko turicwa umunsi ukira ari wowe tuzira,Twagizwe nk’intama zigenewe kubagwa.+ 23  Yehova, haguruka. Kuki ukomeza kwiryamira?+Kanguka. Ntudute ubuziraherezo.+ 24  Kuki ukomeza guhisha mu maso hawe?Kuki wibagirwa imibabaro yacu n’akarengane kacu?+ 25  Dore twarunamye tugera mu mukungugu;+Inda yacu yafatanye n’ubutaka. 26  Haguruka udutabare,+Kandi uducungure ku bw’ineza yawe yuje urukundo.+

Ibisobanuro ahagana hasi