Zaburi 40:1-17

Ku mutware w’abaririmbyi. Indirimbo ya Dawidi. 40  Niringiye Yehova cyane,+Na we antega amatwi, yumva ijwi ryo gutabaza kwanjye.+   Nuko ankura mu rwobo rurimo amazi asuma,+Ankura mu byondo by’isayo.+ Hanyuma azamura ibirenge byanjye abihagarika ku rutare,+Intambwe zanjye arazikomeza.+   Nanone yashyize mu kanwa kanjye indirimbo nshya,Indirimbo yo gusingiza Imana yacu.+ Abantu benshi bazabibona batinye,+Maze biringire Yehova.+   Hahirwa umugabo wiringira Yehova,+Ntahindukire ngo akurikire abantu b’ibyigomeke Cyangwa abayoba bagakurikiza ibinyoma.+   Yehova Mana yanjye, ibyo wakoze ni byinshi;+Imirimo yawe itangaje n’ibyo utekereza kutugirira na byo ni byinshi.+ Nta wagereranywa nawe.+ Nashatse kubivuga no kubirondora,Biba byinshi cyane ku buryo ntashobora kubivuga byose.+   Ibitambo n’amaturo ntiwabyishimiye;+Wazibuye amatwi yanjye.+ Ibitambo bikongorwa n’umuriro n’ibitambo bitambirwa ibyaha ntiwabishatse.+   Ni yo mpamvu navuze nti “dore ndaje,+Ni ko byanditswe kuri jye mu muzingo w’igitabo.+   Mana yanjye, nishimira gukora ibyo ushaka,+Kandi amategeko yawe ari mu mutima wanjye.+   Natangaje ubutumwa bwiza bwo gukiranuka mu iteraniro rinini.+Dore sinifashe ngo ndeke kuvuga;+ Yehova, ibyo ubizi neza.+ 10  Sinahishe gukiranuka kwawe mu mutima wanjye;+Namamaje ubudahemuka bwawe n’agakiza kawe;+ Sinahishe ineza yawe yuje urukundo n’ukuri kwawe mu iteraniro rinini.”+ 11  None Yehova, ntureke kungirira impuhwe,+Ineza yawe yuje urukundo n’ukuri kwawe bijye bindinda iteka.+ 12  Nagoswe n’ibyago biba byinshi cyane kugeza ubwo ntashobora kubibara;+Amakosa yanjye yambanye menshi cyane kuruta ayo nshobora kureba.+ Yabaye menshi cyane kuruta umusatsi wo ku mutwe wanjye;+Umutima wanjye wacitse intege.+ 13  Yehova, ndakwinginze wemere kunkiza;+Yehova, banguka untabare.+ 14  Abahiga ubugingo bwanjye kugira ngo babukureho,+Bose bamware kandi bakorwe n’isoni.+ Abishimira ibyago byanjye basubire inyuma kandi basebe.+ 15  Abambwira bati “ahaa! Ahaa!”+Bitegereze bumiwe bitewe n’uko bakozwe n’ikimwaro.+ 16  Abagushaka bose+Bakwishimire kandi bakunezererwe.+ Abakunda agakiza kawe+Bajye bahora bavuga bati “Yehova nasingizwe.”+ 17  Jyeweho ndababaye kandi ndi umukene,+Ariko Yehova anyitaho.+ Ni wowe untabara kandi ni wowe unkiza.+Mana yanjye, ntutinde cyane.+

Ibisobanuro ahagana hasi