Zaburi 39:1-13

Ku mutware w’abaririmbyi ba Yedutuni.+ Indirimbo ya Dawidi. 39  Naravuze nti “nzarinda inzira zanjye+Kugira ngo ntacumuza ururimi rwanjye.+Nzahambira umunwa wanjye nywurinde,+Igihe cyose umuntu mubi azaba ari imbere yanjye.”+   Naracecetse sinagira icyo mvuga;+Narahoze ndetse n’ibyiza sinabivuga.+ Nariyumanganyije sinagaragaza ko mfite umubabaro.   Umutima wanjye wangurumaniyemo;+Mu gihe nanihaga, umuriro wakomeje kugurumana. Nuko ndavuga nti   “Yehova, menyesha iherezo ryanjye,+Umenyeshe n’uko iminsi nzamara ingana,+ Kugira ngo menye ukuntu mara igihe gito.+   Dore iminsi yanjye wayigize mike;+Igihe cyo kubaho kwanjye ni nk’ubusa imbere yawe.+ Ni ukuri umuntu wakuwe mu mukungugu, nubwo aba ahagaze akomeye, ni umwuka gusa.+ Sela.   Ni ukuri umuntu agenda ameze nk’igicucu.+Ni ukuri abantu basakuriza ubusa.+ Umuntu arundanya ibintu atazi uzabisigarana.+   None Yehova, ni iki niringiye?Ni wowe ntegereza.+   Unkize ibicumuro byanjye byose.+Ntutume mba uwo gutukwa n’umupfapfa.+   Nakomeje guceceka+ kandi sinashoboraga kubumbura akanwa kanjye,+Kuko wagize icyo ukora.+ 10  Unkureho icyago wanteje.+Nararundutse bitewe n’ukuboko kwawe kwandwanyije.+ 11  Wakosoye umuntu amakosa ye ukoresheje ibihano byawe.+Wamazeho ibintu bye byifuzwa nk’uko agakoko+ kabigenza. Ni ukuri umuntu wakuwe mu mukungugu ni umwuka gusa.+ Sela. 12  Yehova wumve isengesho ryanjye,Kandi utegere ugutwi ijwi ryo gutabaza kwanjye.+ Ntubone amarira yanjye ngo wicecekere,+ Kuko ndi umushyitsi iwawe,+Nkaba n’umwimukira nka ba sogokuruza bose.+ 13  Reka kumpanga amaso kugira ngo ncye mu maso,+Mbere y’uko mfa nkavaho.”+

Ibisobanuro ahagana hasi