Zaburi 37:1-40

Zaburi ya Dawidi. א [Alefu] 37  Ntukarakazwe n’abakora ibibi,+Kandi ntukagirire ishyari abakora ibyo gukiranirwa;+   Kuko bazaraba vuba nk’ubwatsi,+Bakuma nk’ibyatsi bibisi bagashiraho.+ ב [Beti]   Jya wiringira Yehova kandi ukore ibyiza,+Uture mu isi kandi ube indahemuka mu byo ukora.+   Nanone ujye wishimira Yehova cyane,+Na we azaguha ibyo umutima wawe wifuza.+ ג [Gimeli]   Iragize Yehova mu nzira yawe;+Umwishingikirizeho+ na we azagira icyo akora.+   Azatuma gukiranuka kwawe kumurika nk’urumuri,+N’ubutabera bwawe bumere nk’amanywa y’ihangu.+ ד [Daleti]   Ujye ucecekera imbere ya Yehova,+Umutegereze ubyifuza cyane.+ Ntukarakarire umuntu ugize icyo ageraho mu nzira ze,+N’umuntu usohoza imigambi ye.+ ה [He]   Reka umujinya kandi uve mu burakari;+Ntukarakare kuko nta kindi byakugezaho uretse gukora ibibi.+   Abakora ibibi bazakurwaho,+Ariko abiringira Yehova bo bazaragwa isi.+ ו [Wawu] 10  Hasigaye igihe gito gusa umuntu mubi ntabe akiriho;+Uzitegereza aho yabaga umubure.+ 11  Ariko abicisha bugufi bo bazaragwa isi,+Kandi bazishimira amahoro menshi.+ ז [Zayini] 12  Umuntu mubi agambanira umukiranutsi,+Akamuhekenyera amenyo.+ 13  Yehova ubwe azamuseka,+Kuko abona ko umunsi we ugeze.+ ח [Heti] 14  Abantu babi bakuye inkota bafora n’umuheto wabo,+Kugira ngo bagushe imbabare n’umukene,+ Kandi bice abagendera mu nzira itunganye.+ 15  Inkota zabo zizasogota imitima yabo,+Kandi imiheto yabo izavunagurika.+ ט [Teti] 16  Uduke tw’umukiranutsi ni twiza;+Turuta ibyinshi by’abantu benshi babi.+ 17  Amaboko y’ababi azavunagurika,+Ariko Yehova ashyigikira abakiranutsi.+ י [Yodi] 18  Yehova amenya iminsi y’abantu b’indakemwa,+Umurage wabo uzahoraho kugeza ibihe bitarondoreka.+ 19  Ntibazakorwa n’isoni mu gihe cy’amakuba,+Mu minsi y’inzara bazarya bahage.+ כ [Kafu] 20  Ariko ababi bo bazarimbuka;+Abanzi ba Yehova bazamera nk’ubwatsi bwiza cyane bwo mu rwuri. Bazagera ku iherezo ryabo.+ Bazagera ku iherezo ryabo bahinduke nk’umwotsi.+ ל [Lamedi] 21  Umuntu mubi araguza ntiyishyure.+Ariko umukiranutsi agira ubuntu kandi agatanga.+ 22  Abo Imana iha umugisha ni bo bazaragwa isi.+Ariko abo ivuma bazarimbuka.+ מ [Memu] 23  Yehova ni we ukomeza intambwe z’umugabo w’umunyambaraga,+Kandi yishimira inzira ye.+ 24  Nubwo yagwa ntazarambarara hasi,+Kuko Yehova amufashe ukuboko.+ נ [Nuni] 25  Nabaye umusore none ndashaje,+Nyamara sinigeze mbona umukiranutsi atereranwa burundu,+ Cyangwa ngo urubyaro rwe rusabirize ibyokurya.+ 26  Buri munsi agira ubuntu kandi akaguriza abandi,+Ni yo mpamvu urubyaro rwe ruzabona umugisha.+ ס [Sameki] 27  Reka ibibi ukore ibyiza,+Kugira ngo uzabeho iteka.+ 28  Yehova akunda ubutabera;+Ntazareka indahemuka ze.+ ע [Ayini] Zizarindwa iteka ryose.+Ariko urubyaro rw’ababi rwo ruzarimbuka.+ 29  Abakiranutsi bazaragwa isi,+Kandi bazayituraho iteka ryose.+ פ [Pe] 30  Akanwa k’umukiranutsi kavuga iby’ubwenge kibwira,+N’ururimi rwe rukavugisha ukuri.+ 31  Amategeko y’Imana ye ari mu mutima we,+Intambwe ze ntizizanyeganyega.+ צ [Tsade] 32  Umuntu mubi agenza umukiranutsi+Ashaka kumwica.+ 33  Ariko Yehova ntazamuhana mu maboko y’uwo muntu mubi,+Kandi ntazamubaraho ibibi igihe azacirwa urubanza.+ ק [Kofu] 34  Jya wiringira Yehova kandi ugume mu nzira ye,+Na we azagushyira hejuru kugira ngo uragwe isi;+ Ababi bazarimbuka ureba.+ ר [Reshi] 35  Nabonye umuntu mubi atwaza igitugu,+Asagamba nk’igiti gitoshye kiri mu butaka cyamezemo.+ 36  Nyamara yarazimangatanye, ntiyaba akiboneka;+Nakomeje kumushaka ariko ntiyaboneka.+ ש [Shini] 37  Witegereze inyangamugayo kandi ukomeze urebe umukiranutsi,+Kuko bene uwo azagira amahoro.+ 38  Ariko abanyabyaha bose bazatsembwaho;+Abantu babi bazarimbuka.+ ת [Tawu] 39  Agakiza k’abakiranutsi gaturuka kuri Yehova.+Ni we ubabera igihome mu gihe cy’amakuba.+ 40  Yehova azabatabara abakize.+Azabakiza ababi abarokore,+Kuko bamuhungiyeho.+

Ibisobanuro ahagana hasi