Zaburi 35:1-28

Zaburi ya Dawidi. 35  Yehova, mburanira mu rubanza mburana n’abanzi banjye,+Urwanye abandwanya.+   Fata ingabo nini n’intoya,+Uhaguruke untabare.+   Fata icumu n’ishoka usakirane n’abankurikirana.+Ubwire ubugingo bwanjye uti “ni jye gakiza kawe.”+   Abahiga ubugingo bwanjye bamware kandi basebe.+Abacura umugambi wo kungirira nabi basubire inyuma kandi bakorwe n’isoni.+   Babe nk’umurama utumurwa n’umuyaga,+Kandi umumarayika wa Yehova abirukane.+   Inzira yabo ihinduke umwijima n’ubunyereri,+Kandi umumarayika wa Yehova abakurikirane.   Kuko banteze umwobo uriho urushundura+ bampora ubusa;Bawucukuriye ubugingo bwanjye+ bampora ubusa.   Nibarimbuke batunguwe,+Kandi bafatirwe mu rushundura bateze;+ Barufatirwemo maze barimbuke.+   Ariko ubugingo bwanjye bwo bwishimire Yehova,+Bunezererwe agakiza ke.+ 10  Amagufwa yanjye yose avuge+ ati“Yehova, ni nde uhwanye nawe,+ Wowe urokora imbabare ukayikiza uyirusha imbaraga,+N’imbabare y’umukene ukayikiza uyinyaga?”+ 11  Abahamya b’abanyarugomo barahaguruka,+Bakambaza ibyo ntigeze menya.+ 12  Banyitura inabi kandi narabagiriye neza,+Bigatuma ubugingo bwanjye bushavura.+ 13  Ariko jyewe iyo barwaraga nambaraga ibigunira,+Nkababarisha ubugingo bwanjye kwiyiriza ubusa,+ Amasengesho yanjye akangarukira.+ 14  Narabahangayikiraga cyane nka bagenzi banjye n’abavandimwe banjye,+Nkagenda meze nk’uborogera nyina,+ Nkunamishwa n’agahinda. 15  Ariko iyo nacumbagiraga barishimaga bagateranira hamwe,+Bagateranira kundwanya,+ Bakantura hasi bantunguye.+Ntibahwemaga kunsebya.+ 16  Abahakanyi bakobana bishakira umugati,+Bampekenyeraga amenyo.+ 17  Yehova, uzakomeza kurebera ugeze ryari?+Kiza ubugingo bwanjye bataburimbura,+ Ubugingo bwanjye bw’agaciro+ ubukize intare z’umugara zikiri nto. 18  Nzagusingiriza mu iteraniro rinini;+Nzagusingiriza hagati y’abantu benshi.+ 19  Abanyanga nta mpamvu be kunyishima hejuru;+Kandi abanyangira ubusa be kunyiciranira ijisho.+ 20  Kuko batavuga amagambo y’amahoro,+Ahubwo bakomeza guhimba ibinyoma, Bakabeshyera abanyamahoro bo ku isi.+ 21  Baranyasamiye,+Baravuga bati “ahaa! Ahaa! Amaso yacu arabibonye.”+ 22  Yehova, warabibonye.+ Ntuceceke.+Yehova, ntumbe kure.+ 23  Kanguka uhagurukire urubanza rwanjye,+Yehova, Mana yanjye, hagurukira ikirego cyanjye.+ 24  Yehova Mana yanjye, uncire urubanza ruhuje no gukiranuka kwawe,+Kandi be kunyishima hejuru.+ 25  Be kuvuga mu mutima wabo bati “ahaa! Ni ibyo ubugingo bwacu bwifuzaga!”+Be kuvuga bati “twamumize bunguri.”+ 26  Abishimira ibyago byanjye bose,+Bamware kandi bakorwe n’isoni.+ Abishyira hejuru banyirataho bose,+ bamware kandi basebe.+ 27  Abishimira gukiranuka kwanjye nibarangurure ijwi ry’ibyishimo kandi banezerwe,+Bahore bavuga bati+ “Yehova nasingizwe, kuko yishimira ko umugaragu we agira amahoro.”+ 28  Kandi ururimi rwanjye ruzibwira ibyo gukiranuka kwawe,+Ruzagusingiza umunsi wose.+

Ibisobanuro ahagana hasi