Zaburi 34:1-22

Zaburi ya Dawidi, igihe yigiraga umusazi+ imbere ya Abimeleki, bigatuma Abimeleki amwirukana, akigendera. א [Alefu] 34  Nzasingiza Yehova igihe cyose;+Akanwa kanjye kazahora kavuga ishimwe rye.+ ב [Beti]   Ubugingo bwanjye buzirata Yehova;+Abicisha bugufi bazumva maze bishime.+ ג [Gimeli]   Nimufatanye nanjye gusingiza Yehova;+Nimuze dufatanye gushyira izina rye hejuru.+ ד [Daleti]   Nabajije Yehova na we aransubiza,+Ankiza ibyanteraga ubwoba byose.+ ה [He]   Baramurebye mu maso habo hararabagirana;+Mu maso habo ntihazigera hakorwa n’isoni.+ ז [Zayini]   Iyo mbabare yaratabaje maze Yehova arumva,+Ayikiza amakuba yayo yose.+ ח [Heti]   Umumarayika wa Yehova akambika agose abamutinya,+Kandi arabakiza.+ ט [Teti]   Nimusogongere mwibonere ukuntu Yehova ari mwiza.+Hahirwa umugabo w’umunyambaraga umuhungiraho.+ י [Yodi]   Mutinye Yehova mwa bera be mwe,+Kuko abamutinya nta cyo babura.+ כ [Kafi] 10  Intare z’umugara zikiri nto zarakennye zirasonza;+Ariko abashaka Yehova bo nta kintu cyiza bazabura.+ ל [Lamedi] 11  Bana banjye nimuze muntege amatwi;+Ndabigisha gutinya Yehova.+ מ [Memu] 12  Ni nde wishimira ubuzima,+Agakunda kubaho iminsi myinshi kugira ngo abone ibyiza?+ נ [Nuni] 13  Urinde ururimi rwawe kugira ngo rutavuga ibibi;+Kandi urinde iminwa yawe kugira ngo itavuga ibinyoma.+ ס [Sameki] 14  Uzibukire ibibi maze ukore ibyiza;+Ushake amahoro kandi uyakurikire.+ ע [Ayini] 15  Amaso ya Yehova ari ku bakiranutsi,+Amatwi ye yumva ijwi ryo gutabaza kwabo.+ פ [Pe] 16  Igitsure cya Yehova kiri ku bakora ibibi,+Kugira ngo abatsembe ntibazongere kuvugwa mu isi.+ צ [Tsade] 17  Abakiranutsi baratatse Yehova arabumva,+Abakiza amakuba yabo yose.+ ק [Kofu] 18  Yehova aba hafi y’abafite umutima umenetse;+Akiza abafite umutima ushenjaguwe.+ ר [Reshi] 19  Ibyago by’umukiranutsi ni byinshi,+Ariko Yehova abimukiza byose.+ ש [Shini] 20  Arinda amagufwa ye yose;Nta na rimwe ryavunitse.+ ת [Tawu] 21  Ibyago ni byo bizica umuntu mubi,+Kandi abanga umukiranutsi bazabarwaho icyaha.+ 22  Yehova acungura ubugingo bw’abagaragu be;+Nta n’umwe mu bamuhungiraho uzabarwaho icyaha.+

Ibisobanuro ahagana hasi