Zaburi 32:1-11
Zaburi ya Dawidi. Masikili.
32 Hahirwa uwababariwe ukwigomeka kwe, icyaha cye kigatwikirwa.+
2 Hahirwa uwo Yehova atabaraho ikosa,+Kandi ntagire uburiganya muri we.+
3 Igihe nari ngikomeje guceceka, amagufwa yanjye yashajishijwe no kuniha kwanjye umunsi wose.+
4 Ku manywa na nijoro ukuboko kwawe kwarandemereraga.+Imbaraga zanjye zarakamye nk’uko amazi akamywa n’ubushyuhe bwo mu mpeshyi.+ Sela.
5 Amaherezo nakwaturiye icyaha cyanjye, sinatwikira ikosa ryanjye.+Naravuze nti “nzaturira Yehova ibicumuro byanjye.”+
Nawe unkuraho urubanza rw’ibyaha byanjye.+ Sela.
6 Ni cyo kizatuma umuntu wese w’indahemuka azagusenga,+Igihe cyose uzaba ugishobora kuboneka.+
Umwuzure w’amazi menshi ntuzamukoraho.+
7 Uri ubwihisho bwanjye; uzandinda amakuba.+Uzankiza ungoteshe ijwi ry’ibyishimo.+ Sela.
8 Warambwiye uti “nzatuma ugira ubushishozi, nkwigishe inzira ukwiriye kunyuramo.+Nzakugira inama kandi ijisho ryanjye rizakugumaho.+
9 Ntimukigire nk’ifarashi cyangwa inyumbu zidafite ubwenge,+Izo bagomba gucubya amashagaga bakoresheje imikoba yo mu kanwa cyangwa iyo ku ijosi,+
Mbere y’uko zikwegera.”+
10 Umubi agira imibabaro myinshi;+Ariko uwiringira Yehova azagotwa n’ineza yuje urukundo.+
11 Mwa bakiranutsi mwe, nimwishimire Yehova kandi munezerwe;+Mwa bafite imitima itunganye mwese mwe, nimurangurure ijwi ry’ibyishimo.+