Zaburi 31:1-24

Ku mutware w’abaririmbyi. Indirimbo ya Dawidi. 31  Yehova, ni wowe nahungiyeho,+Singakorwe n’isoni.+Unkize ku bwo gukiranuka kwawe.+   Untege amatwi,+Kandi ubanguke unkize.+ Umbere igihome cyubatse ku rutare;+Umbere inzu y’igihome kugira ngo unkize,+   Kuko uri igitare cyanjye n’igihome kinkingira.+Uzanyereka inzira kandi unyobore+ ku bw’izina ryawe.+   Uzankura mu rushundura banteze,+Kuko ari wowe gihome cyanjye.+   Mu maboko yawe ni ho nshyize umwuka wanjye.+Yehova Mana ivugisha ukuri,+ warancunguye.+   Nanga abasenga ibigirwamana bitagira umumaro;+Ahubwo niringira Yehova.+   Nzanezerwa nishimire ineza yawe yuje urukundo,+Kubera ko wabonye akababaro kanjye,+ Ukamenya agahinda k’ubugingo bwanjye.+   Ntiwampanye mu maboko y’umwanzi.+Watumye ibirenge byanjye bihagarara ahantu hagari.+   Yehova, ungirire neza kuko ndi mu kaga gakomeye.+Ijisho ryanjye rinanijwe n’agahinda;+ ubugingo bwanjye n’inda yanjye na byo ni uko.+ 10  Ubuzima bwanjye burangiranye n’agahinda,+N’imyaka yanjye irangiranye no gusuhuza umutima.+ Imbaraga zanjye zarayoyotse bitewe n’icyaha cyanjye,+N’amagufwa yanjye yaranegekaye.+ 11  Nabaye igitutsi+ ku bandwanya bose,+Ku baturanyi banjye bo birushaho.+ Kandi abo tuziranye+ mbatera ubwoba,Iyo bambonye hanze barampunga.+ 12  Naribagiranye nk’umuntu wapfuye batacyibuka mu mutima;+Nahindutse nk’urwabya rumenetse.+ 13  Kuko numvise ibintu bibi bivugwa n’abantu benshi,+Kandi ibitera ubwoba biri impande zose.+ Iyo bateraniye hamwe kugira ngo bandwanye,+Baba bacura imigambi yo gukuraho ubugingo bwanjye.+ 14  Yehova, ni wowe niringira.+Naravuze nti “uri Imana yanjye.”+ 15  Ubuzima bwanjye buri mu maboko yawe.+Nkiza unkure mu maboko y’abanzi banjye n’abankurikirana.+ 16  Urabagiranishe mu maso hawe imbere y’umugaragu wawe.+Unkize ku bw’ineza yawe yuje urukundo.+ 17  Yehova, singakorwe n’isoni kuko nagutakiye.+Ababi abe ari bo bakorwa n’isoni;+ Bacecekere mu mva.+ 18  Iminwa ivuga ibinyoma irakaba ibiragi.+Iyo minwa ivuga nabi umukiranutsi,+ ikavugana agasuzuguro no kwishyira hejuru nta rutangira.+ 19  Mbega ukuntu ineza wabikiye abagutinya+ ari nyinshi!+Wayigaragarije abaguhungiraho, Uyigaragariza imbere y’abantu.+ 20  Uzabahisha aho uri,+Ubarinde abantu birema agatsiko.+ Uzabahisha mu nzu yawe ubarinde indimi zitongana.+ 21  Yehova nasingizwe+Kuko yangaragarije ineza yuje urukundo+ ihebuje igihe nari mu mugi ugoswe.+ 22  Igihe nari nahiye ubwoba+ naravuze nti“Nzatsembwaho mve imbere y’amaso yawe nta kabuza.”+ Ni ukuri, igihe nagutabazaga wumvise ijwi ryo kwinginga kwanjye.+ 23  Mukunde Yehova mwa ndahemuka ze mwese mwe.+Yehova arinda abizerwa,+ Ariko umuntu wese wishyira hejuru azamuhana bikomeye.+ 24  Mwa bategereza Yehova mwese mwe,+Mugire ubutwari kandi imitima yanyu ikomere.+

Ibisobanuro ahagana hasi