Zaburi 30:1-12

Indirimbo yo gutaha inzu.+ Zaburi ya Dawidi. 30  Yehova, nzagushyira hejuru kuko wanzamuye,+Ntiwemere ko abanzi banjye banyishima hejuru.+   Yehova Mana yanjye, naragutakiye nawe urankiza.+   Yehova, wazamuye ubugingo bwanjye ubuvana mu mva;+Watumye nkomeza kubaho kugira ngo ntamanuka nkajya muri rwa rwobo.+   Muririmbire Yehova mwa ndahemuka ze mwe.+Mushime izina* rye ryera,+   Kuko kurakarirwa na we ari iby’akanya gato,+Kwemerwa na we bikaba iby’ubuzima bwose.+ Nimugoroba amarira ashobora gutaha iwawe,+ ariko mu gitondo hakabaho ijwi ry’ibyishimo.+   Igihe nari nguwe neza,+ naravuze nti“Sinzigera nyeganyezwa.”+   Yehova, umusozi wanjye wawukomeresheje imbaraga kubera ko wanyemeye.+Wahishe mu maso hawe, mpagarika umutima.+   Yehova, ni wowe nakomeje guhamagara;+Nakomeje kwinginga Yehova ngo angirire neza.+   Amaraso yanjye azakungura iki nimanuka nkajya muri rwa rwobo?+Ese umukungugu uzagusingiza?+ Ese uzavuga ukuri kwawe?+ 10  Yehova, unyumve kandi ungirire neza.+Yehova, untabare.+ 11  Umuborogo wanjye wawuhinduye imbyino.+Wanyambuye ikigunira unkenyeza umunezero,+ 12  Kugira ngo umutima* wanjye ukuririmbire ntuceceke.+Yehova Mana yanjye, nzagusingiza kugeza ibihe bitarondoreka.+

Ibisobanuro ahagana hasi