Zaburi 26:1-12

Zaburi ya Dawidi. 26  Yehova, uncire urubanza,+ kuko nagendeye mu nzira itunganye,+Niringiye Yehova kugira ngo ntanyeganyega.+   Yehova, ngenzura kandi ungerageze;+Utunganye impyiko zanjye n’umutima wanjye.+   Kuko ineza yawe yuje urukundo iri imbere y’amaso yanjye,Kandi nagendeye mu kuri kwawe.+   Sinicaranye n’abanyabinyoma,+Kandi sinifatanya n’abahisha abo bari bo.+   Nanze iteraniro ry’inkozi z’ibibi,+Kandi sinicarana n’ababi.+   Yehova, nzakaraba ibiganza byanjye ngaragaza ko ndi umwere,+Kandi nzazenguruka igicaniro cyawe,+   Kugira ngo ijwi ryo gushimira kwanjye ryumvikane cyane,+Kandi namamaze imirimo yawe yose itangaje.+   Yehova, nakunze inzu utuyemo+N’ahantu ikuzo ryawe riba.+   Nturimburane ubugingo bwanjye n’abanyabyaha,+Kandi nturimburane ubuzima bwanjye n’abariho urubanza rw’amaraso,+ 10  Bafite ibiganza byuzuye ibikorwa bibi,*+N’ukuboko kwabo kw’iburyo kuzuye impongano.+ 11  Jyeweho nzagendera mu nzira itunganye.+Uncungure+ kandi ungirire neza.+ 12  Ikirenge cyanjye kizahagarara aharinganiye;+Nzasingiriza Yehova mu iteraniro ry’abantu benshi.+

Ibisobanuro ahagana hasi