Zaburi 2:1-12

2  Ni iki gitumye amahanga avurungana,+Kandi ni iki gitumye amahanga akomeza kujujura, avuga ibitagira umumaro?+   Abami b’isi bashinze ibirindiro,+N’abatware bakuru bibumbira hamwe nk’umuntu umwe,+ Kugira ngo barwanye Yehova+ n’uwo yatoranyije,+   Bavuga bati “nimuze duce ingoyi zabo+Kandi twikureho imirunga yabo!”+   Uwicaye mu ijuru+ azabaseka,Yehova ubwe azabannyega.+   Icyo gihe azababwirana uburakari,+Kandi uburakari bwe bwinshi buzabahagarika umutima,+   Ababwire ati “ni jye wiyimikiye umwami,+Mwimikira kuri Siyoni+ umusozi wanjye wera.”+   Reka mvuge itegeko rya Yehova.Yarambwiye ati “uri umwana wanjye,+ Uyu munsi nabaye so.+   Nsaba+ nguhe amahanga abe umurage wawe,+Nguhe n’impera z’isi zibe umutungo wawe.+   Uzayamenaguza inkoni y’ubwami y’icyuma,+Uzayajanjagura nk’uko urwabya rw’ibumba rujanjagurika.”+ 10  None rero mwa bami mwe, mugire ubushishozi;Mwa bacamanza bo mu isi+ mwe, mwemere gukosorwa. 11  Mukorere Yehova mutinya,+Kandi mwishime muhinda umushyitsi.+ 12  Nimusome uwo mwana+ kugira ngo Imana itarakaraMukarimbukira mu nzira,+Kuko uburakari bwayo bukongezwa vuba.+Hahirwa abayihungiraho bose.+

Ibisobanuro ahagana hasi