Zaburi 143:1-12

Indirimbo ya Dawidi. 143  Yehova, umva isengesho ryanjye,+Utegere ugutwi ijwi ryo kwinginga kwanjye;+Nsubiza nk’uko ubudahemuka bwawe no gukiranuka kwawe biri.+   Ntushyire umugaragu wawe mu rubanza,+Kuko mu bariho bose nta n’umwe waba umukiranutsi imbere yawe.+   Umwanzi yakurikiranye ubugingo bwanjye;+Yanyukanyukiye hasi;+ Yantuje ahantu h’umwijima nk’abapfuye kera cyane.+   Umutima wanjye+ waranegekaye;Umutima wanjye warakakaye.+   Nibutse iminsi ya kera;+Natekereje ku byo wakoze byose;+ Nakomeje kuzirikana imirimo y’amaboko yawe mbikunze.+   Nagutegeye amaboko;+Ubugingo bwanjye bugufitiye inyota nk’ubutaka bukakaye.+ Sela.   Yehova, tebuka unsubize.+Umwuka wanjye ugiye guhera.+ Ntumpishe mu maso hawe,+Kugira ngo ntamera nk’abamanuka bajya muri rwa rwobo.+   Mu gitondo ujye unyumvisha ineza yawe yuje urukundo,+Kuko ari wowe niringiye.+ Umenyeshe inzira nkwiriye kunyuramo,+Kuko nakweguriye ubugingo bwanjye.+   Yehova, nkiza abanzi banjye,+Kuko ari wowe nihisheho.+ 10  Unyigishe gukora ibyo ushaka,+Kuko uri Imana yanjye.+ Umwuka wawe ni mwiza;+Unyobore mu gihugu cyo gukiranuka.+ 11  Yehova, urinde ubuzima bwanjye+ ku bw’izina ryawe.+Urokore ubugingo bwanjye ubuvane mu kaga+ nk’uko gukiranuka kwawe kuri.+ 12  Ucecekeshe abanzi banjye+ nk’uko ineza yawe yuje urukundo iri;Urimbure abandwanya bose,+ Kuko ndi umugaragu wawe.+

Ibisobanuro ahagana hasi