Zaburi 14:1-7

Ku mutware w’abaririmbyi. Zaburi ya Dawidi. 14  Umupfapfa yibwiye mu mutima we ati“Yehova ntabaho.”+Bakoze ibyangiza,+ mu migenzereze yabo bakoze ibyangwa.Nta n’umwe ukora ibyiza.+   Yehova yarebye hasi ari mu ijuru, yitegereza abantu+Kugira ngo arebe niba hari ufite ubushishozi, ushaka Yehova.+   Bose barayobye,+ bose barononekaye;+Nta n’umwe ukora ibyiza,+ Habe n’umwe.+   Mbese mu nkozi z’ibibi zose habuze n’umwe usobanukiwe,+Ko barya abantu banjye nk’abarya umugati?+ Ntibigeze bambaza Yehova.+   Ubwoba bwinshi bwarabatashye,+Kuko Yehova abana n’abakiranutsi.+   Mwakojeje isoni inama z’imbabare,Kuko Yehova ari ubuhungiro bwe.+   Iyaba i Siyoni haturukaga agakiza ka Isirayeli!+Igihe Yehova azagarura ubwoko bwe bwagizwe imbohe,+ Yakobo azishima, Isirayeli anezerwe.+

Ibisobanuro ahagana hasi