Zaburi 139:1-24

Ku mutware w’abaririmbyi. Indirimbo ya Dawidi. 139  Yehova, warangenzuye kandi uranzi.+   Wamenye imyicarire yanjye n’imihagurukire yanjye.+Wamenyeye kure ibitekerezo byanjye.+   Witegereje imigendere yanjye n’imiryamire yanjye,+Kandi wamenye inzira zanjye zose.+   Niyo ururimi rwanjye rutaravuga ijambo,+Yehova, uba warimenye ryose uko ryakabaye.+   Wangose unturutse imbere n’inyuma;Wanshyizeho ukuboko kwawe.   Ubwo bumenyi buratangaje cyane kuri jye;+Buri hejuru cyane ku buryo ntashobora kubusobanukirwa.+   Nacikira he umwuka wawe,+Kandi nahungira he amaso yawe?+   Niyo nazamuka nkajya mu ijuru, waba uriyo;+Niyo nasasa uburiri bwanjye mu mva, dore na ho waba uhari.+   Niyo nafata amababa+ y’umusekeKugira ngo njye gutura mu nyanja ya kure cyane,+ 10  Aho na ho ukuboko kwawe kwanyobora,+Kandi ukuboko kwawe kw’iburyo kwamfata.+ 11  Ndamutse mvuze nti “umwijima uzangwa gitumo nta kabuza,”+Icyo gihe ijoro ryahinduka urumuri impande zanjye.+ 12  Ndetse n’umwijima, kuri wowe ntiwaba wijimye cyane,+Ahubwo ijoro ryamurika nk’amanywa;+ Umwijima na wo wahinduka urumuri.+ 13  Ni wowe waremye impyiko zanjye;+Wampishe mu nda ya mama.+ 14  Nzagusingiza kuko naremwe mu buryo butangaje buteye ubwoba.+Imirimo yawe iratangaje,+ Kandi ubugingo bwanjye bubizi neza.+ 15  Ntiwahishwe amagufwa yanjye+Igihe naremerwaga mu bwihisho,+ Igihe nateranyirizwaga hasi cyane+ mu nda y’isi. 16  Amaso yawe yabonye urusoro rwanjye,+Mu gitabo cyawe hari handitswemo Ibirebana n’iminsi ingingo zarwo zose zaremeweho,+Nubwo nta na rumwe rwari rwakabayeho. 17  Mbega ukuntu ibitekerezo byawe ari iby’agaciro kenshi kuri jye!+Mana, mbega ukuntu igiteranyo cyabyo ari kinini cyane!+ 18  Ngerageje kubibara, byaba byinshi kuruta umusenyi.+Nakanguka mu gitondo nasanga nkibibara.+ 19  Mana, icyampa ukica ababi!+Ni bwo n’abariho urubanza rw’amaraso+ bajya kure yanjye, 20  Bo bavuga ibyawe bakurikije ibitekerezo byabo;+Bakoresheje izina ryawe mu buryo budakwiriye,+ ni abanzi bawe.+ 21  Yehova, mbese sinanga abakwanga urunuka,+Kandi ngaterwa ishozi n’abakwigomekaho?+ 22  Mbanga urwango rwuzuye.+Bambereye abanzi nyabo.+ 23  Mana, ngenzura umenye umutima wanjye.+Nsuzuma umenye ibitekerezo bimpagarika umutima,+ 24  Urebe niba muri jye hari icyatuma ngendera mu nzira mbi,+Maze unyobore mu nzira+ y’ibihe bitarondoreka.

Ibisobanuro ahagana hasi