Zaburi 132:1-18

Indirimbo y’amazamuka. 132  Yehova, ibuka Dawidi,+Wibuke uburyo bwose yakojejwe isoni;+   Ukuntu yahigiye umuhigo Intwari+ ya Yakobo,+Akarahira Yehova,+ ati   “Sinzinjira mu nzu yanjye;+Sinzurira uburiri bwanjye bwiza cyane.+   Sinzemerera amaso yanjye gutora agatotsi,+Kandi sinzemerera amaso yanjye gusinzira,+   Ntarabona ahantu nzashyira inzu ya Yehova,+Ntarabona aho nzashyira ihema rihebuje ry’Intwari ya Yakobo.”+   Dore twabyumvise muri Efurata,+Tubibona mu ishyamba.+   Nimuze tujye mu ihema rye rihebuje;+Nimuze twikubite imbere y’intebe y’ibirenge bye.+   Yehova, haguruka ujye ahantu hawe ho kuruhukira,+Wowe n’Isanduku+ y’imbaraga zawe.+   Abatambyi bawe bambare gukiranuka,+N’indahemuka zawe zirangurure ijwi ry’ibyishimo.+ 10  Ntusubize inyuma mu maso h’uwo wasutseho amavuta,+Ku bwa Dawidi umugaragu wawe.+ 11  Yehova yarahiye Dawidi,+Kandi ni ukuri ntazisubiraho,+ ati “Uwo mu rubyaro rwawe+Nzamwicaza ku ntebe yawe y’ubwami.+ 12  Abana bawe nibakomeza isezerano ryanjye,+Bagakomeza n’ibyo nzajya mbigisha mbibutsa,+ Abana babo na bo bazicara+Ku ntebe yawe y’ubwami iteka ryose.”+ 13  Yehova yatoranyije Siyoni,+Arayifuza cyane kugira ngo ayigire ubuturo bwe,+ ati 14  “Aha ni ho nzajya nduhukira kugeza iteka ryose;+Aha ni ho nzatura kuko nahifuje cyane.+ 15  Sinzabura guha umugisha ibiyitunga.+Abakene bayo nzabaha umugati bahage.+ 16  Abatambyi bayo nzabambika agakiza;+Kandi indahemuka zayo zizarangurura ijwi ry’ibyishimo. 17  Aho ni ho nzakuriza ihembe rya Dawidi.+Natunganyirije itara uwo nasutseho amavuta.+ 18  Abanzi be nzabambika ikimwaro;+Ariko ikamba rye+ ryo rizasagamba.”+

Ibisobanuro ahagana hasi