Zaburi 107:1-43

(Zaburi 107 – 150) 107  Mushimire Yehova kuko ari mwiza;+Kuko ineza ye yuje urukundo ihoraho iteka ryose.+   Abacunguwe na Yehova nibavuge batyo,+Abo yacunguye akabakura mu maboko y’umwanzi,+   Abo yakoranyirije hamwe abavanye mu bihugu binyuranye;+Yabavanye aho izuba rirasira n’aho rirengera,+Abavana mu majyaruguru no mu majyepfo.+   Bazerereye mu butayu,+ bazerera mu kidaturwa;+Ntibabona inzira ibageza mu mugi wo guturamo.+   Barashonje kandi bagira inyota,+Ubugingo bwabo butangira kugwa isari.+   Nuko bakomeza gutakambira Yehova muri ayo makuba yabo yose,+Na we arabakiza, abakura muri ibyo byago byose,+   Maze abanyuza mu nzira ikwiriye,+Kugira ngo bagere mu mugi wo guturamo.+   Abantu nibashimire Yehova ku bw’ineza ye yuje urukundo,+N’imirimo itangaje yakoreye abana b’abantu.+   Yamaze inyota ubugingo bwari bukakaye,+Kandi ubugingo bwari bushonje abuhaza ibyiza.+ 10  Hari abari mu mwijima, mu mwijima w’icuraburindi,+Babohewe mu mibabaro no mu minyururu,+ 11  Kubera ko bigometse+ ku magambo y’Imana,+Kandi bagasuzugura inama y’Isumbabyose.+ 12  Nuko ituma imitima yabo iganduka bitewe n’ibyago;+Barasitaye ntihagira n’umwe ubatabara.+ 13  Bageze muri ayo makuba batangira gutakambira Yehova,+Nuko arabakiza, abakura muri ibyo byago nk’uko yari asanzwe abigenza,+ 14  Abakura mu mwijima, mu mwijima w’icuraburindi,+Acagagura ingoyi zari zibaboshye.+ 15  Abantu nibashimire Yehova ku bw’ineza ye yuje urukundo,+N’imirimo itangaje yakoreye abana b’abantu.+ 16  Kuko yamenaguye inzugi z’umuringa,+Kandi akavunagura ibihindizo by’ibyuma.+ 17  Abapfapfa bikururiye imibabaro bitewe n’ibicumuro byabo,+Bitewe n’amakosa yabo.+ 18  Ubugingo bwabo bwazinutswe ibyokurya by’ubwoko bwose,+Kandi bari bageze ku marembo y’urupfu.+ 19  Nuko batangira gutakambira Yehova muri ayo makuba yabo yose,+Na we arabakiza, abakura muri ibyo byago byose nk’uko yari asanzwe abigenza.+ 20  Yohereje ijambo rye arabakiza,+Abakura mu rwobo barimo.+ 21  Abantu nibashimire Yehova ku bw’ineza ye yuje urukundo,+N’imirimo itangaje yakoreye abana b’abantu.+ 22  Nibamutambire ibitambo by’ishimwe,+Kandi bamamaze imirimo ye barangurura ijwi ry’ibyishimo.+ 23  Abamanuka mu nyanja bari mu mato,+Bagacururiza mu mazi magari,+ 24  Ni bo babonye ibyo Yehova yakoze,+Kandi imirimo ye itangaje bayiboneye imuhengeri.+ 25  Babonye ukuntu avuga ijambo rimwe agatuma haza umuyaga ukaze,+Ukazamura imiraba y’inyanja.+ 26  Irabazamura ikabakoza mu birere,Bakamanuka bakagera hasi cyane. Ubugingo bwabo burashonga kubera ko baba basumbirijwe n’amakuba.+ 27  Barazungera kandi bakadandabirana nk’umusinzi,+Ubwenge bwabo bwose bukavurungana.+ 28  Nuko batangira gutakambira Yehova muri ayo makuba yabo yose,+Na we arabakiza, abakura muri ibyo byago byose.+ 29  Acubya uwo muyaga w’ishuheri,+Maze imiraba y’inyanja igatuza.+ 30  Bakishimira ko ihosheje,Akabajyana ku mwaro bishimira.+ 31  Abantu nibashimire Yehova ku bw’ineza ye yuje urukundo,+N’imirimo itangaje yakoreye abana b’abantu.+ 32  Kandi bamushimire mu iteraniro,+Bamusingirize aho abakuru bateraniye.+ 33  Ahindura inzuzi ubutayu,+N’amasoko y’amazi akayahindura ubutaka bukakaye.+ 34  Igihugu kirumbuka agihindura ubutaka bw’umunyu,+Bitewe n’ububi bw’abagituye. 35  Ubutayu abuhindura ibidendezi by’amazi bikikijwe n’urubingo,+N’ubutaka butagira amazi akabuhindura amasoko y’amazi.+ 36  Aho ni ho atuza abashonje,+Bakahashinga umugi uhamye wo guturamo.+ 37  Babiba imbuto mu mirima kandi bagatera inzabibu,+Kugira ngo itange umusaruro utubutse.+ 38  Abaha umugisha maze bakaba benshi cyane,+Kandi ntiyemera ko amatungo yabo aba make.+ 39  Ariko bongera kuba bake maze bagacishwa bugufi,+Bitewe no gukandamizwa hamwe n’ibyago n’agahinda.+ 40  Asuka igisuzuguriro ku bakomeye,+Agatuma bazerera mu kidaturwa, ahantu hataba inzira.+ 41  Ariko abakene abarinda imibabaro,+Akabahindura imiryango migari nk’umukumbi.+ 42  Abakiranutsi barabireba bakishima;+Ariko abakiranirwa bose bazazibywa akanwa.+ 43  Ni nde munyabwenge? Azazirikana ibyo bintu,+Kandi azitondera ibikorwa bigaragaza ineza yuje urukundo ya Yehova.+

Ibisobanuro ahagana hasi