Zaburi 105:1-45

105  Mushimire Yehova, mwambaze izina rye;+Mumenyeshe abantu bo mu mahanga imigenzereze ye.+   Nimumuririmbire, mumucurangire;+Mwite ku mirimo yose itangaje yakoze.+   Mwirate izina rye ryera.+Imitima y’abashaka Yehova niyishime.+   Mushake Yehova n’imbaraga ze;+Mujye muhora mushaka mu maso he.+   Mwibuke imirimo itangaje yakoze;+Mwibuke ibitangaza bye n’amategeko ava mu kanwa ke,+   Mwa rubyaro rw’umugaragu we Aburahamu mwe,+Mwebwe bene Yakobo, abo yatoranyije.+   Ni we Yehova Imana yacu.+Amategeko ye ari mu isi yose.+   Yibuka isezerano rye kugeza iteka ryose,+N’ijambo yategetse kugeza ku b’ibihe igihumbi,+   Isezerano yagiranye na Aburahamu+N’indahiro yarahiye Isaka;+ 10  Kandi iyo ndahiro yarayikomeje ibera Yakobo itegeko,Ibera Isirayeli isezerano rihoraho,+ 11  Agira ati “nzaguha igihugu cy’i Kanani,+Kibe umurage mwagenewe.”+ 12  Kandi ibyo byabaye igihe bari bakiri bake;+Ni koko, bari bake cyane ari n’abimukira muri icyo gihugu.+ 13  Bakomeje kugenda bava mu gihugu kimwe bajya mu kindi,+Bakava mu bwami bumwe bajya mu bundi.+ 14  Nta muntu n’umwe yemereye kubanyaga;+Ahubwo yacyashye abami ababaziza,+ 15  Arababwira ati “ntimukore ku bantu banjye natoranyije,+Kandi ntimugirire nabi abahanuzi banjye.”+ 16  Yateje inzara mu gihugu,+Avuna inkoni yose yamanikwagaho imigati ifite ishusho y’urugori.+ 17  Yohereje umuntu wo kubabanziriza imbere,Ari we Yozefu wagurishijwe akaba umucakara.+ 18  Ibirenge bye babibabarishije imihama,+Bamubohesha ibyuma;+ 19  Ijambo rya Yehova ni ryo ryamutunganyije,+Kugeza aho ijambo Imana yavuze ryasohoreye.+ 20  Umwami aratuma ngo bamubohore,+Umutware w’amahanga aratuma ngo bamurekure. 21  Yamugize umutware w’urugo rwe,+Amuha gutegeka ibyo atunze byose,+ 22  Amuha abatware be ngo abategeke uko ashaka,+Kandi ajye yigisha abakuru be ubwenge.+ 23  Nuko Abisirayeli baza muri Egiputa,+Maze Yakobo atura ari umwimukira mu gihugu cya Hamu.+ 24  Imana ituma ubwoko bwayo bukomeza kugwira cyane,+Ikomeza kubaha gukomera, amaherezo baruta abanzi babo.+ 25  Yarabaretse bahindura imitima yabo banga ubwoko bwayo,+Biga amayeri yo kugirira nabi abagaragu bayo.+ 26  Yatumye Mose umugaragu wayo,+Na Aroni uwo yari yatoranyije.+ 27  Bakorera muri bo ibimenyetso byayo,+Bakorera ibitangaza mu gihugu cya Hamu.+ 28  Yohereje umwijima maze harijima,+Kandi ntibagomeye amagambo yayo.+ 29  Amazi yabo yayahinduye amaraso,+Yica amafi yabo.+ 30  Igihugu cyabo cyuzura ibikeri,+Byuzura mu byumba by’abami babo. 31  Yahamagaye ibibugu biraza,+Ahamagara n’imibu* ngo ize mu turere twabo twose.+ 32  Mu cyimbo cy’imvura yagushije amahindu+N’umuriro ugurumana mu gihugu cyabo.+ 33  Akubita imizabibu n’imitini yabo,Kandi avunagura ibiti byo mu gihugu cyabo.+ 34  Yahamagaye inzige ziraza,+Haza n’ubundi bwoko bw’inzige zitagira ingano.+ 35  Nuko zirya ibimera byose byo mu gihugu cyabo,+Zirya n’imbuto z’ubutaka bwabo. 36  Yishe uburiza bwose bwo mu gihugu cyabo,+Ubwo ubushobozi bwabo bwose bwo kubyara bwatangiriyeho.+ 37  Nuko ivanayo ubwoko bwayo bufite ifeza na zahabu,+Kandi nta muntu n’umwe wo mu miryango yayo wigeze asitara. 38  Baragiye Abanyegiputa barishima,Kuko bari babateye ubwoba.+ 39  Yabambye igicu kirabakingiriza,+Ishyiraho n’umuriro wo kubamurikira nijoro.+ 40  Barasabye ibazanira inturumbutsi,+Kandi yakomezaga kubagaburira umugati uva mu ijuru bagahaga.+ 41  Yafunguye urutare amazi atangira kududubiza,+Atemba nk’uruzi+ mu turere tutagira amazi. 42  Yibutse ijambo ryayo ryera yabwiye umugaragu wayo Aburahamu,+ 43  Maze ikurayo ubwoko bwayo bwishimye cyane,+Abo yatoranyije ibakurayo barangurura ijwi ry’ibyishimo.+ 44  Nuko igenda ibaha ibihugu by’amahanga,+Bakomeza kwigarurira ibyo abantu bo mu mahanga baruhiye,+ 45  Kugira ngo bajye bubahiriza amabwiriza yayo,+Kandi bumvire amategeko yayo.+ Nimusingize Yah!+

Ibisobanuro ahagana hasi