Zaburi 104:1-35

104  Bugingo bwanjye singiza Yehova.+Yehova Mana yanjye, urakomeye cyane.+ Wambaye icyubahiro n’ubwiza buhebuje.+   Wifureba urumuri nk’umwenda,+Ukabamba ijuru nk’ubamba ihema.+   Inkingi z’ibyumba bye byo hejuru yazishinze mu mazi,+Ibicu abigira igare rye;+ Agenda ku mababa y’umuyaga.+   Abamarayika be abahindura imyuka;+Abakozi be abahindura umuriro ukongora.+   Yashyiriyeho isi imfatiro zihamye;+Ntizigera inyeganyega kugeza ibihe bitarondoreka, ndetse iteka ryose.+   Wayitwikirije amazi y’imuhengeri nk’umwenda.+Amazi yari hejuru y’imisozi,+   Urayakangara atangira guhunga;+Yumvise urusaku rw’inkuba yawe acikamo igikuba arahunga,   Imisozi irazamuka,+Ibibaya birika,Ajya aho wayateguriye.   Wayashyiriyeho urugabano atagomba kurenga,+Kugira ngo atongera kurengera isi.+ 10  Yohereza amasoko mu bibaya,+Agakomeza gutembera hagati y’imisozi. 11  Ni yo inyamaswa zo mu gasozi zose zishoka buri gihe;+Imparage+ ni ho zicira inyota. 12  Ibiguruka byo mu kirere bitaha hejuru yayo;+Akomeza kumvikanisha ijwi ryayo hagati y’amashami y’inzitane.+ 13  Yuhira imisozi ari mu byumba bye byo hejuru.+Isi ihaga imbuto z’imirimo yawe.+ 14  Ni we umereza inyamaswa ubwatsi,+Akameza n’ibimera abantu bakoresha,+ Kugira ngo ubutaka buvemo ibyokurya,+ 15  Na divayi inezeza imitima y’abantu,+Kugira ngo arabagiranishe mu maso habo amavuta,+ N’umugati ukomeza imitima y’abantu.+ 16  Ibiti bya Yehova birahaze,Amasederi yateye yo muri Libani,+ 17  Inyoni zarikamo ibyari.+Naho inzu y’igishondabagabo iba mu biti by’imiberoshi.+ 18  Imisozi miremire+ ni iy’ihene zo mu misozi;+Ibitare ni ubuhungiro bw’impereryi.+ 19  Yaremye ukwezi ko kugaragaza ibihe byagenwe,+Kandi izuba rizi neza aho rirengera.+ 20  Uzana umwijima kugira ngo habeho ijoro,+Kandi ni wo inyamaswa zose zo mu ishyamba zigendamo. 21  Intare z’umugara zikiri nto zitontoma zishaka umuhigo,+Kandi zisaba Imana ibyokurya byazo.+ 22  Iyo izuba rirashe+ ziragenda,Zikajya kuryama mu bwihisho bwazo, 23  Umuntu na we akajya ku murimo we,+Agakora akazi ke kugeza nimugoroba.+ 24  Yehova, mbega ukuntu imirimo yawe ari myinshi!+Yose wayikoranye ubwenge.+Isi yuzuye ibikorwa byawe.+ 25  Naho iyi nyanja nini cyane kandi ngari,+Irimo ibinyabuzima bitagira ingano biyigendamo,+ Byaba ibito ndetse n’ibinini.+ 26  Ni mo amato agendera;+Na Lewiyatani+ warayiremye ngo ikiniremo.+ 27  Byose bihora bigutegereje,+Kugira ngo ubihe ibyokurya byabyo mu gihe cyabyo.+ 28  Bitora icyo ubihaye;+Upfumbatura ikiganza cyawe bigahaga ibyiza.+ 29  Uhishe mu maso hawe byahagarika umutima.+Ubikuyemo umwuka byapfa,+Bigasubira mu mukungugu wabyo.+ 30  Iyo wohereje umwuka wawe biraremwa,+Kandi ubutaka ubuhindura bushya. 31  Ikuzo rya Yehova rizahoraho iteka ryose.+Yehova azishimira imirimo ye.+ 32  Areba isi igahinda umushyitsi,+Yakora ku misozi igacumba umwotsi.+ 33  Nzaririmbira Yehova mu mibereho yanjye yose;+Nzaririmbira Imana yanjye igihe cyose nzaba nkiriho.+ 34  Ibyo nyitekerezaho biyishimishe;+Jyeweho nzishimira Yehova.+ 35  Abanyabyaha bazarimburwa bakurwe ku isi,+Kandi ababi ntibazongera kubaho.+ Bugingo bwanjye, singiza Yehova. Nimusingize Yah!+

Ibisobanuro ahagana hasi